Yanditswe Apr, 07 2019 15:46 PM | 6,927 Views
Mu Murenge wa Gitesi niho ku rwego rw'Akarere ka Karongi habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ni umurenge ukunze kurangwamo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Uhagarariye ibuka muri uyu murenge Harerimana Edouard avuga ko hari abaturage bagiye barangwa n'amagambo yo gusesereza abarokotse Jenoside.
Abaturage bavuga ko iyi gahunda yo kwibukira iwabo izabafasha guhindura imyumvire baharanira kwiyubaka n'ubumwe bw'abanyarwanda.
Guverineri w'Intara y'u Burengerazuba Munyantwari Alphonse agaruka ku ntambwe u Rwanda rwateye nyuma y'imyaka 25 genoside ibaye, yasabye abaturage kwirinda icyabarangaza, ahubwo bagashishikarira umurimo ubateza imbere.
Yabibukije ko uwakwibeshya agashaka gusenya ibyiza Abanyarwanda bagezeho batazamwihanganira.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru