AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

KSEZ:Kubura amashanyarazi ahendutse n'amazi ni bimwe mu bibazo byugarije inganda

Yanditswe Jan, 04 2018 22:22 PM | 4,075 Views



Minisitiri w'inganda n'ubucuruzi aratangaza ko hari politiki irimo gutegurwa irebana no kwita ku gace kahariwe inganda ka Kigali, ku buryo ikiguzi cyabyo kitabazwa gusa abahakorera. Ibi arabitangaza mu gihe abahafite inganda bemeza ko amafaranga bari basabwe mbere angana na miliyoni 15 buri mwaka kuri buri ruganda yari menshi ku buryo yari kugira ingaruka ku biciro by'ibyo bakora.

Uruganda rukora imyenda rukanayohereza mu mahanga rwa C&H Garment, rwishyura amafaranga ari hagati ya miliyini 4 n'eshanu buri kwezi rwishyura umuriro w'amashanyarazi rukoresha.

Ku rundi ruhande aha mu gace kahariwe inganda ka Kigali Special Economic Zone, havugwa n'ikibazo cy'amazi, nacyo kibangamiye abahakorera. 

Uretse ibi bibazo, aba banyenganda bari basabwe kujya batanga miliyoni 15 ku mwaka kuri buri ruganda yo gufasha mu kwita ku bikorwa remezo biri muri aka gace.

Ibi bibazo abadepite bagize komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko babiganiriyeho na minisitiri w'ubucuruzi n'inganda Vincent Munyeshyaka asobanura ko hari inzira birimo gusuzumwamo. 

Abadepite bagize iyi komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi nyuma yo gusura inganda hirya no hino mu gihugu, basanze zifite ibibazo birimo n'ibikoresho by'ibanze (raw materials), ndetse abakozi ba zimwe mu nganda bagaragaza ko badafatwa neza mu kazi, ikintu iyi komisiyo ivuga ko izaganira n'inzego zibishinzwe.

Inkuru mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura