Yanditswe Mar, 30 2019 12:50 PM | 6,105 Views
Abafite amarestora mu isoko rya Karongi baravuga ko
babujijwe guteka kuri Gaz mu nyubako z'iryo soko. Guverineri w'intara
yíburengerazuba Munyantwari Alphonse yasabye Akarere ka Karongi gushakira abo
bacuruzi aho bategurira amafunguro muri iryo soko kandi bitabangamiye umutekano
n'isuku.
Bamwe muri abo bacuruzi bakorera mu isoko rya Karongi bafite
za restaurant bavuga ko bamaze umwaka barabujijwe n'ubuyobozi bw'akarere gutekera
kuri Gaz mu nyubako bakoreramo ngo kubera ko gaz yahanduza. Bakagaraza ko iki
cyemezo ngo cyabagizeho ingaruka.
Umwe mu bacururizaga muri iri soko ni Dushimimana J. Baptiste ugira uti "Batubwiye ko badashaka ko isoko ryabo turi tekeramo tuvanamo amagaz, nukuvuga twarabikoze ariko biratubangamiye kubera ko badushishikariza gukoresha gaz, kubitubuza bituma tutabona abakiriya".
Undi ni uwitwa Nyiransekanukunze Peragie, nawe agira ati "Badutegetse gushaka ibikoni hanze yaho dukorera kandi hanze ni hanze y'i soko n'ubundi ni ukwirirwa umuntu yikoreye ibiryo ku mutwe ubwo rero bikagaragara nabi, njye nkumva atari byiza kurusha uko twakoresha gaz ahongaho".
Aba bacuruzi bifuza ko bakoroherezwa bakemererwa gukoresha Gaz, ngo kuko abakiriya babo akenshi baba bifuza gukorerwa ifunguro ryihuse ako kanya.
Umuyobozi w'akarere ka Karongi Ndayisaba Francois avuga ko mu
gukemura icyo kibazo bateganya kwimura Gare ya Karongi hakaboneka ikibanza ku
isoko aho abo bacuruzi bakwifashisha mu gutegura amafunguro.
Iki kibazo kandi cyagarutsweho mu kiganiro ubuyobozi bw'intara
y'iburengerazuba bwagiranye n'abanyamakuru, guverineri Munyentwari Alfonse avuga
ko impamvu yo kubuza aba bacuruzi gutekera aho bakorera ngo byatewe nuko nta
bikoni byubatswe muri iryo soko.
"Ahubwo icyarebwa nuko niba isoko rikwiye kuba ryuzuye, ubundi ryakabaye rifite restaora naho batekera ibyo ngibyo nibyo akarere kareba bikaba mu byakongerwaho, bishobora no kongerwaho nuwikorera cyangwa niba hari uguhindura inzu ukwayo , kuvuga ko umuntu yabujijwe kuzana ishiga rye arishire ahangaha ndumva byarashingiye ku mpamvu z'umutekano ndetse n'isuku". Guverineri Munyentwali.
ubuyobozi bw'akarere Ka Karongi buvuga mu kwezi kumwe cyangwa mu mezi abiri aribwo bateganya kwimura Gare, bagakomeza kwagura inyubako zíryo soko.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru