AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Itorero ry'abarangije amashuli yisumbuye rizajya ritangirira mu bigo by'amashuli

Yanditswe Jan, 02 2019 20:34 PM | 20,147 Views



Komisiyo y'itorero ry'igihugu ivuga ko mu mwaka utaha abanyeshuri batazongera gutorezwa hamwe, ahubwo bazajya batozwa bakiri ku ishuri hagamijwe kugabanya ingengo y'imari y'amafaranga miliyari 1,5 yifashishwaga.

Mu gikorwa cyo gutangiza itorero ry'abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2018 inkomezabigwi ikiciro cya 7, bamwe mu banyeshuri bavuga ko nyuma yo guhabwa inyigisho bakerekeza ku rugerero, bajya bakurikiranwa kugira ngo harebwe niba ibyo bigishijwe byaratanze umusaruro.

Perezida wa Komisiyo y'itorero ry'igihugu Edouard Bamporiki avuga ko batangiye gahunda yo kuvugurura uburyo aba banyeshuri barangiza amashuri yisumbuye bajya batozwa bakiri ku masomo ku bigo by'amashuri mu rwego rwo kugira ngo bajye barangiza kwiga bahita bajya kurugerero, amafaranga yabatangwagaho mu kubatunga bari gutorezwa hamwe azakoreshwe mu bindi bikorwa by'iterambere.

Iri torero inkomezabigwi ikiciro cya 7 ryatagijwe kuri site zitandukanye hirya no hino mu gihugu abanyeshuri bazamaramo imisi 3 gusa kandi ryitabiriwe n'abanyeshuri bagera ku bihumbi 54. Komisiyo  y'itorero ry'igihugu igaragaza ko buri mwaka hakoreshwa ingengo y'imari ya miliyari 1 na miliyoni 500 yifashishwa mu bikorwa bitandukanye. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama