Yanditswe Feb, 03 2021 20:41 PM | 4,009 Views
Iteka rya Perezida ryemejwe n’inama y’abaminisitiri rigiye kugabanya inzira ndende byasabaga kugira ngo umukozi wakoze amakosa ahanwe kandi ritange uburyo bwo guhagarika mu buryo bwihuse umukozi wafatiwe mu cyuho.
Impinduka zakozwe muri iri teka rya perezida zigamije gushimangira no guteza imbere imyitwarire mbozamurimo mu nzego za Leta kugira ngo bifashe abakozi gutunganya inshingano zabo no gutanga serivisi inoze ku baturage birinda amakosa.
Hari kandi kugena uburyo uwanyuranije n’amahame y’imyitwarire mbonezamurimo agomba gukurikiranwa no guhanwa.
Aha ni ho haziramo ingingo iha inzego za Leta ububasha bwo gukurikirana abakozi bamwe na bamwe batari basanzwe bakurikiranwa harimo abayobozi b'amashami, abayobozi bakuru b'amashami adasanzwe n'abandi bari mu rwego rwo hejuru muri izo nzego. Ibi bikaba bigamije kunoza imicungire y'abakozi nkuko bisobanurwa na mberabagabo Fabien ushinzwe amategeko muri Ministeri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo.
Yagize ati "Kuva ku rwego rw'abadiregiteri kugeza ku bayobozi bakuru b'inzego runaka niba hari uwakoze ikosa muri bo kuba urwego akorera rwamukurikirana, bakamwandikira, akaba yajya mu kanama gashinzwe imyitwairre akisobanura, ariko igihe ayo makosa amuhamye umwanzuro ukazajya utangwa n' uwamushyize mu mwanya ni byiza kuko uwamushyize mu mwanya niwe uzajya agena niba ahagarikwa cyangwa yirukanwa. Ibi rero bije gukemura inzira ndende byanyuragamo ubu bazajya babyikorera batange raporo ku wamushyize mu mwanya ubundi byihute, urebye ni icyo cyahindutse."
Iri teka ariko rinagena ko Komisiyo y'Abakozi ba Leta ifite ububasha bwo kuba yasesa icyemezo cyafashwa n’umuyobozi ku myitwarire y'umukozi runaka mu gihe icyo cyemezo kinyuranye n’amategeko.
Ibi ni na byo bishimwa n'Urugaga rw'amasendeka y'abakozi mu Rwanda CESTRAR, bakabona bishobora kugabanya akarengane nkuko bisobanurwa na Biraboneye Africain Umunyamabanga Mukuru wa CESTRAR
Yagize ati "Icya mbere cyo kwishimira ni uko hashyizweho uburyo abayobozi bafashe imyanzuro ihubukiwe bashobora na bo kubikiriranwaho kandi bikihuta, bizagabanya akarengane ndetse bituvane mu manza nyinshi dukurikirana ibibazo by'abakozi biterwa n'ibyemezo nk'ibyo. Gusa hari icyo dusaba nkuko tubibona abakozi ba leta barasabwa byinshi, barasabwa ubumenyi bwinshi, ubunyangamugayo, n'ubwitange ibi rero bigomba kugendana n'ishyirwa mu myanya ryabo rikwiye kugendana n'ubwo bushobozi ntihabeho gushyira mu mwanya umuntu utagashoboye cyangwa ngo ugashoboye agakurwemo asimbuzwe utagashoboye."
Izi mpinduka ziganisha ku kubaza amakosa yakozwe n'abakozi bo ku nzego zo hejuru bikozwe n'abayobozi babo mu bigo n' inzego za Leta bakoramo bishimwa na Ingabire Marie Immaculée Umuyobozi w'Umuryango Tranparency International Rwanda.
Gusa anasaba ko igihe iri teka ryazaba ryatangiye gukurikizwa hazabamo gushishoza.
Ati "Natwe
twahoraga twibaza impamvu bikorwa na Ministeri twahoraga tubivuga, ubundi umuntu
mudakorana umunsi ku munsi ntiyakagombye gukurikirana no kukubaza ibyo wakoze,
ariko biteye Impungenge hari ukuntu duteye kutari kwiza, erega bariya bayobozi
bo hejuru baba bashaka gukorana n'abantu babo, ku buryo usanga aribo biyegereza,
rero igihe hazaba harimo uwo adashaka bizaba byoroshye gushaka inzira
zose amwikiza, ibyo na byo mu byitegure
dushobora kuzabibona."
Mu minsi ishize hagiye habaho kuvugura amategeko agenga abakozi ba leta harimo Itegeko Ngenga ry’Ibigo bya Leta ryasohotse umwaka ushize, Itegeko rigena Sitati rusange igenga abakozi ndetse n’amateka arishamikiyeho.
Minisiteri y'Abakozi ba Leta ikaba ibisobanura nk'ibigamije gutuma Leta igera ku ntego yayo yihaye y'imyaka 7 yo kubaka inzego za Leta zikomeye kandi zirimo abakozi batanga umusasuro bifuzwaho.
Iri teka rya Perezida rizakurikizwa ari uko rimaze gusohoka mu igazeti ya Leta, rihuza amateka abiri yavuyeho ari yo: Iteka rya Perezida ryashyizweho mu mwaka wa 2015 rigena imyitwarire mbonezamurimo y’abakozi ba Leta, ndetse n'iteka rya Perezida ryo mu mwaka wa 2014 rigena uburyo bwo gutanga ibihano ku bakozi ba Leta bakoze amakosa.
Fiston Felix Habineza
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru