AGEZWEHO

  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...
  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...

Iteka rya Perezida ryitezweho kugabanya inzira ndende byasaba ngo umukozi wa Leta ahanwe

Yanditswe Feb, 03 2021 20:41 PM | 4,009 Views



Iteka rya Perezida ryemejwe n’inama y’abaminisitiri rigiye kugabanya inzira ndende byasabaga kugira ngo umukozi wakoze amakosa ahanwe kandi ritange uburyo bwo guhagarika mu buryo bwihuse umukozi wafatiwe mu cyuho.

Impinduka zakozwe muri iri teka rya perezida zigamije gushimangira no guteza imbere imyitwarire mbozamurimo mu nzego za Leta kugira ngo bifashe abakozi gutunganya inshingano zabo no gutanga serivisi inoze ku baturage birinda amakosa.

Hari kandi kugena uburyo uwanyuranije n’amahame y’imyitwarire mbonezamurimo agomba gukurikiranwa no guhanwa.

Aha ni ho haziramo ingingo iha inzego za Leta ububasha bwo gukurikirana abakozi bamwe na bamwe batari basanzwe bakurikiranwa harimo abayobozi b'amashami, abayobozi bakuru b'amashami adasanzwe n'abandi bari mu rwego rwo hejuru muri izo nzego. Ibi bikaba bigamije kunoza imicungire y'abakozi nkuko bisobanurwa na mberabagabo Fabien ushinzwe amategeko muri Ministeri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo. 

Yagize ati "Kuva ku rwego rw'abadiregiteri kugeza ku bayobozi bakuru b'inzego runaka niba hari uwakoze ikosa muri bo kuba urwego akorera rwamukurikirana, bakamwandikira,  akaba yajya mu kanama gashinzwe imyitwairre akisobanura, ariko igihe ayo makosa amuhamye umwanzuro ukazajya  utangwa n' uwamushyize mu mwanya ni byiza kuko uwamushyize mu mwanya niwe uzajya agena niba ahagarikwa cyangwa yirukanwa. Ibi rero bije gukemura inzira ndende byanyuragamo ubu bazajya babyikorera batange raporo ku wamushyize mu mwanya ubundi byihute, urebye ni icyo cyahindutse."

Iri teka ariko rinagena ko Komisiyo y'Abakozi ba Leta ifite ububasha bwo kuba yasesa icyemezo cyafashwa n’umuyobozi ku myitwarire y'umukozi runaka mu gihe icyo cyemezo kinyuranye n’amategeko.

Ibi ni na byo bishimwa n'Urugaga rw'amasendeka y'abakozi mu Rwanda CESTRAR, bakabona bishobora kugabanya akarengane nkuko bisobanurwa na Biraboneye Africain Umunyamabanga Mukuru wa CESTRAR

Yagize ati "Icya mbere cyo kwishimira ni uko hashyizweho uburyo abayobozi bafashe imyanzuro ihubukiwe bashobora na bo kubikiriranwaho kandi bikihuta, bizagabanya akarengane ndetse bituvane mu manza nyinshi dukurikirana ibibazo by'abakozi biterwa n'ibyemezo nk'ibyo. Gusa hari icyo dusaba nkuko tubibona abakozi ba leta barasabwa byinshi, barasabwa ubumenyi bwinshi, ubunyangamugayo, n'ubwitange ibi rero bigomba kugendana n'ishyirwa mu myanya ryabo rikwiye kugendana n'ubwo bushobozi ntihabeho gushyira mu mwanya umuntu utagashoboye cyangwa ngo ugashoboye agakurwemo asimbuzwe  utagashoboye."

Izi mpinduka ziganisha ku kubaza amakosa yakozwe n'abakozi bo ku nzego zo hejuru bikozwe n'abayobozi babo mu bigo n' inzego za Leta bakoramo bishimwa na Ingabire Marie Immaculée Umuyobozi w'Umuryango Tranparency International Rwanda.

Gusa anasaba ko igihe iri teka ryazaba ryatangiye gukurikizwa hazabamo gushishoza.

Ati "Natwe twahoraga twibaza impamvu bikorwa na Ministeri twahoraga tubivuga, ubundi umuntu mudakorana umunsi ku munsi ntiyakagombye gukurikirana no kukubaza ibyo wakoze, ariko biteye Impungenge hari ukuntu duteye kutari kwiza, erega bariya bayobozi bo hejuru baba bashaka gukorana n'abantu babo, ku buryo usanga aribo biyegereza, rero igihe hazaba harimo uwo adashaka bizaba byoroshye gushaka inzira zose  amwikiza, ibyo na byo mu byitegure dushobora kuzabibona."

Mu minsi ishize hagiye habaho kuvugura amategeko agenga abakozi ba leta harimo Itegeko Ngenga ry’Ibigo bya Leta ryasohotse umwaka ushize,  Itegeko rigena Sitati rusange igenga abakozi ndetse n’amateka arishamikiyeho.

 Minisiteri y'Abakozi ba Leta ikaba ibisobanura nk'ibigamije gutuma Leta igera ku ntego yayo yihaye y'imyaka 7 yo kubaka inzego za  Leta zikomeye kandi zirimo abakozi batanga umusasuro bifuzwaho.

Iri teka rya Perezida  rizakurikizwa ari uko rimaze gusohoka mu igazeti ya Leta,  rihuza amateka abiri yavuyeho ari yo: Iteka rya Perezida ryashyizweho mu mwaka wa 2015 rigena imyitwarire mbonezamurimo y’abakozi ba Leta, ndetse n'iteka rya Perezida ryo mu mwaka wa 2014 rigena uburyo bwo gutanga ibihano ku bakozi ba Leta bakoze amakosa.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu