AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Itakara ry'ibyangombwa by'irangamimerere byo hambere, inzitizi ku baturage

Yanditswe Feb, 17 2020 05:38 AM | 7,315 Views



Hirya no hino mu gihugu hari abaturage bavuga ko bahangayikishijwe no kuba hari serivisi bibagora kubona bitewe n'uko hari ibyangombwa byo mu irangamimerere byo mu myaka yo hambere batabasha kubona kubera impinduka nyinshi zagiye zibaho kugeza ubu.

Ku bashakanye mu myaka ya mbere ya jenoside yakorewe abatutsi, icyangombwa kigaragaza ko bashyingiranywe byemewe n'amategeko "Attestation de mariage" ni kimwe mu byo bagaragaza ko bibabera imbogamizi mu gihe barimo gushaka serivisi zijyanye n'irangamimerere, kuko ngo bimwe mu byerekana ko bashyingiwe bitagihari.

Abenshi aho bashyingiriwe hahinduriwe inyito kuko icyo gihe byari amakomini nyuma bikagenda bihinduka. 

Bavuga ko  iyo bageze ku murenge, igishoboka kuba ari ukujya kwa padiri cyangwa pastori kureba niba amafishi yabo agihari. 

Hari abagira amahirwe bakayabona ariko abayabuze ngo hari ubwo basabwa kujya mu rukiko kandi bamwe baba batabishoboye. Bifuza ko byakoroshywa nibura hakajya haza abatangabuhamya bemeza iby'ishyingirwa ryabo.

Ni ikibazo Ministeri y’Ubutegetsi bw'Igihugu ivuga ko imaze igihe ishakira umuti, ikizeza abafite ibi bibazo ko hari ikiri kubikorwaho. 

Jenoside yakorewe  abatutsi ni kimwe mu byatumye amakuru menshi atakara yabaga ari mu bitabo. Ariko na none  politiki y’ubuyobozi bushingiye ku makomini no ku ma perefegitura na byo byagiye bihinduka mu mavugururwa agamije kwegereza ubuyobozi abaturage, na yo yatumye bimwe  mu bitabo bigenda bitakara, ayo makuru na yo akabura. 

Icyakora muri iki iki gihe kubika amakuru yifashishijwe ikoranabuhanga bishyirwemo imbaraga cyane ku buryo mu myaka iri imbere ibibazo nk'ibi bitazongera kugaragara.

Theogene TWIBANIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira