Yanditswe September, 12 2017 at 16:34 PM | 3802 Views
Abaturage b’Ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba barasabwa
Kwishakamo ibisubizo by’ibibazo bagenda bahura nabyo hashingiwe ku muco ubaranga ngo
ibyo nibigerwaho bizihutisha iterambere n’ubumwe bw’ abaturage bibyo bihugu.
Ibi ni ibyatangajwe na Hon. Jacob Oulanyah Deputy Speaker w’inteko ishinga
amategeko w’igihugu cya uganda ubwo yitabiraga Iserukiramuco ry’umuco n’ubugeni
rihuza ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba ‘’JAMAFEST’’
U Rwanda ni kimwe mu bihugu 6 byitabiriye iserukiramuco ry’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba JAMAFEST aho buri gihugu kigenda kigaragaza umuco wacyo binyuze mu ndirimbo n’imyino gakondo, ndetse kinamurika ibikorwa bitandukanye birimo umugeni n’ubukorikori. Abitabiriye iri serukiramuco batangaza ko uyu ari umwanya mwiza wo gushimangira ubumwe bw’Abaturage b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba.
Dr. James VUNINGOMA wagiye ayoboye itsinda ry’abanyarwanda bitabiriye JAMAFEST atangaza ko kuba ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba bihurira hamwe bigasangiza ibindi umuco wabyo ubiranga ari ikimenyetso cyiza gishimangira ubusabane bw’abatuye ibyo bihugu, yagize ati, "Ibi ngibi ni ikimenyetso kigaragaza ko abaturage b’ibi bihugu bya afurika y’iburasirazuba bashobora kubana neza, gusangira, gusurana bagahuzwa nibintu bitandukanye hashingiwe ku muco."
Deputy Speaker w’inteko ishinga amategeko w’igihugu cya Uganda Hon. Jacob Oulanyah umwe mu bayobozi bitabiriye iri serukiramuco yibukije abaturage b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba ko kubaho ubuzima bushingiye ku muco bifasha abenigihu kubona ibisubizo by’ibibazo bibugarije. Ati, "Ubuzima bushingiye ku muco abatubanjirije babagamo nibwo bwabafashaga kubona ibisubizo byibibazo bahuraga nabyo. Ibibazo nkamapfa, indwara n'ibindi bibazo byi ntambara n’amakimbirane babonaga uko babicyemura babinyujije mumuco kandi bakanyurwa. Ubwo tukaba turi hano twishimira uburyo tubayeho."
Ibihugu byitabiriye iyi ‘JAMAFEST’ ibaye ku nshuro ya gatatu ni U Rwanda, Uganda Burundi, Tanzania, Sudani y’amajyepfo ndetse na Kenya.
Abagenzi batega imodoka mu buryo bwa rusange mu mujyi wa Kigali, batangiye kuzigendamo basoma ibitab ...
February 06, 2018 at 13:19 PM
Soma inkuru
Ministiri wa siporo n'umuco Uwacu Julienne aratangaza ko ibikorwa byiza n'ishyaka ryo guko ...
January 25, 2018 at 19:11 PM
Soma inkuru
Minisitiri wa Siporo n'umuco Uwacu Julienne, arizeza ko gahunda y'intore mu biruhuko igihe ...
January 13, 2018 at 22:07 PM
Soma inkuru
Ikipe ya Kiyovu Sports ibonye intsinzi ya kabiri muri shampiyona itsinze APR FC igitego 1-0 cya Mous ...
October 27, 2017 at 20:11 PM
Soma inkuru
Abafatanyabikorwa bagize uruhare mu mushinga wo kubaka ikibuga cya Cricket mu Rwanda baratangaza ko ...
October 25, 2017 at 17:44 PM
Soma inkuru
Mu gusoza inama mpuzamahanga yigaga ku kongerera ubushobozi abagore no kongera umubare wabo mu bireb ...
August 11, 2017 at 16:34 PM
Soma inkuru