AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Irushanwa rya Miss Rwanda ryahagaritswe, Miss Iradukunda Elsa arafungwa

Yanditswe May, 09 2022 13:16 PM | 52,469 Views



Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yabaye ihagaritse irushanwa rya Miss Rwanda. Ni nyuma y'aho iri rushanwa ryavuzweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Itangazo ry’iyi minisiteri rigira riti “Hashingiwe ku iperereza ririmo gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), ku muyobozi wa “Rwanda Inspiration BackUp”, ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakoreye abakobwa bitabiriye irushanwa rya “Miss Rwanda” mu bihe bitandukanye. Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco iramenyesha Abanyarwanda ko ibaye ihagaritse iri rushanwa mu gihe iperereza ritararangira.”

Mbere gato y’iri tangazo, hasohotse amakuru avuga ko Nyampinga w’u Rwanda Iradukunda Elsa yatawe muri yombi akekwaho kubangamira iperereza rikorwa kuri Ishimwe Dieudonne ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry yabwiye RBA ko Miss Iradukunda ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje.

Miss Iradukunda ni umwe mu bakozi b’ikigo cya Rwanda Inspiration BackUp cyateguraga irushanwa rya Miss Rwanda.

Iki kigo gitegura irushanwa rya Miss Rwanda guhera mu mwaka wa 2014, aho ku ikubitiro cyatsindiye isoko ryo kuritegura mu mwaka wa 2013.

Mu 2017, iyahoze ari Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco yahawe na Minisiteri ya Siporo n’Umuco inshingano zo gukurikirana irushanwa rya Miss Rwanda inatanga isoko ryo gushaka uwazajya aritegura, amasezerano yarangira isoko rikongera rigatangwa.

Byaje kurangira Rwanda Inspiration Backup ari yo yongeye kuryegukana, nyuma yo kujurira ivuga ko yari yarenganyijwe rigahabwa indi kompanyi.

Kuva icyo gihe kugeza ubu nta rindi soko ryongeye gutangwa ahubwo hagiye hasinywa amasezerano y’ubufatanye.

Jean Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu