Yanditswe Mar, 13 2019 09:36 AM | 4,646 Views
Umwiherero
wa 16 wari ufite umwihariko wo kwitabirwa n'umubare munini w'abikorera kurusha
uko byari bisanzwe, ibintu byanazamuye umubare w'urubyiruko rwawitabiriye.
UWAMARIYA Assoumpta na Bucyana Patrick bawitabiriye ku nshuro ya mbere,
bagaragaza ko ubutumire bahawe n'umukuru w'igihugu bwongeye gushimangira
igihango urubyiruko rufitanye nawe ndetse n'igihugu muri rusange.
Inararibonye
mu mateka y'imiyoborere y'u Rwanda, zivuga ko guha umwanya urubyiruko muri Politiki n'imiyoborere by'igihugu byamaze kuba umuco nk’uko binateganywa
n'itegeko nshinga n'andi mategeko. Kuri Antoine MUGESERA ndetse na
Rucagu Boniface, ngo imiyoborere n’imikorere nk’iyi ivoma mu muco w'abakurambere
ni ingenzi ku gihugu.
RUCAGU Boniface agira ati "Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul KAGAME muzi ko imiyoborere ye ishingira ku muco w'igihugu, ku muco w'u Rwanda. Na kera kose mbere y'abakoloni niyo mpamvu wabonaga urubyiruko rujya mu itorero rugatozwa rukajya ku rugerero, rukajya mu mihigo kugirango rugaragaze ko ruzasigarana igihugu neza."
Ubwo yatangizaga umwiherero wa 16 w'abayobozi mu nzego zitandukanye mu gihugu, Perezida wa Repubulika Paul KAGAME yibukije urubyiruko kuzirikana inshingano rufite ku gihugu bityo rukaba rugomba kuzuzanya n'ibindi byiciro by'abanyarwanda.
Ku munsi wa nyuama w'uyu mwiherero, umukuru w'igihugu kandi yagaragaje ko umubare w'urubyiruko rwitabira umwiherero uziyongera. Kuri ubu umuto mu bagize guverinoma afite imyaka 31 y'amavuko naho umukuru akagira hejuru ya 60.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru