Yanditswe Jun, 29 2021 20:44 PM | 44,168 Views
Inzobere mu birebana n’ubuzima zemeza ko zimwe mu mpamvu zituma mu Mujyi
wa Kigali hagaragaramo umubare munini w’abandura icyorezo cya COVID-19 kurusha
ahandi, ari uko hari ubucucike bw’abantu cyane ahahurira abantu benshi nko mu
masoko, mu modoka rusange n’ahandi henshi bikiyongeraho no kwirara kuri benshi
Sibomana Jackson igihe kinini akimara mu gace kahariwe ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko muri Mateus no mu isoko rya Nyarugenge.
Yemeza ko atewe impungenge n’uyu mubare munini w’abandura icyorezo cya COVID-19.
Yagize ati “Natwe tuba dufite impungenge nk’iyo dusanze bagenzi bacu begeranye, nkanjye nkunda kubabwira nti reba camera ziba zitureba n’icyorezo kirushaho kwiyongera, nkababwira nti nyamuneka ni mutandukane.”
Abagenda mu mujyi wa Kigali bagenda bahura n’imodoka ifite indangururamajwi zikangurira abantu kubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.
Impuguke mu birebana n’ubuzima Dr. Vedaste Ndahindwa avuga ko ubucucike bw’abantu ahahurira abantu benshi. ari bimwe mubituma imibare y’abandura iki cyorezo izamuka cyane mu Mujyi wa Kigali.
Agira ati “Kandi ngirango murabizi nko muri Kigali ugereranyije n’utundi duce tw’u Rwanda, Kigali tujya mu kazi mu modoka , dutaha mu modoka, tuba mu masoko acucikanye, abantu bakorera mu biro akenshi ari hamwe biba bisaba rero kuba maso cyane kugirango abantu bakomeze birinde.”
Kuri uyu wa kabiri abanduye bashya bari 757 mu gihe umujyi wa Kigali ariwo wari ufitemo benshi bagera kuri 280, Musanze 80 naho abandi basaranganywa mu turere 22.
Abandi bantu 7 nibo bahitanywe n’icyorezo cya COVID-19 kuri uyu wa mbere byatumye umubare wabishwe nicyo cyorezo mu Rwanda ugera kuri 427.
Mu Rwanda abamaze kwandura bose ni 37,384 naho abakirwaye ari 9,685 mu gihe abarembye bari 35.
Bosco Kwizera
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru