AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Inzitiramubu zikorerwa mu Rwanda zigiye kugera ku isoko

Yanditswe Jan, 09 2020 16:20 PM | 1,732 Views



Ku nshuro ya mbere mu mateka u Rwanda rugiye gushyira ku isoko inzitiramibu zakorewe mu Rwanda. Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC) kigaragaza ko mu nzitiramibu miliyoni 7 zigiye guhabwa abaturage muri uku kwezi kwa mbere, izisaga miliyoni 3,5 zakorewe mu Rwanda.

Mu Rwanda, hashize amezi  4 hatangiye uruganda rukora inzitiramibu ruherereye i Masoro mu gice cyahariwe inganda.

Umuyobozi w'uru ruganda rukora  inzitiramibu rwa LTC YAMEI RWANDA LTD Gaga Nzaramba avuga ko buri munsi uruganda rukora inzitiramubu zisaga ibihumbi 16.

Umuyobozi w'ishami rishinzwe kurwanya Maraliya mu kigo cy'igihugu  cy'ubuzima RBC,  Dr Aimable Mbituyumuremyi  avuga ko mu myaka  2, Leta y'u Rwanda yatumizaga hanze, inzitiramibu nyinshi bigatuma igihugu gitakaza amadevise menshi.

Muri uku kwezi kwa mbere abaturage bagiye guhabwa inzitiramibu nshya zirimo n’izakorewe mu Rwanda.

RBC igaragaza ko ubusanzwe abaturage bahabwa inzitiramibu mu myaka 2 cyangwa 3.

Leta itumiza hanze inzitiramibu miliyoni 7 hagakoreshwa amadorari y'Amerika Miliyoni ziri hagati ya 15 na 17, aho inzitiramubu imwe igura amadorari ari hagati ya 3,5 n’amadorari 4.

Muri  uku kwezi kwa mbere inzitiramibu miliyoni 7 zigiye guhabwa abaturage muri zo izigera kuri miliyoni 3,6 zakorewe mu Rwanda.


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama