AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Inzego z’ubuzima zatangiye gusuzuma uko COVID19 yifashe mu mashuri

Yanditswe Nov, 16 2020 19:15 PM | 141,261 Views



Mu gihe habura icyumweru kimwe gusa ngo ikindi cyiciro cy'amashuri gisubukure amasomo, inzego z'ubuzima zatangiye gusuzuma uko icyorezo cya COVID19 cyifashe mu mashuri nyuma y'ibyumweru bibiri icyiciro cya mbere gitangiye.

Minisiteri y'Ubuzima ikaba ivuga ko iki gikorwa kitazakoma mu nkokora gahunda yo gufungura amashuri mu byiciro kuko no kuwa wa mbere w'icyumweru gitaha ikindi cyiciro kigomba gusubukura amasomo nkuko byari biteganyijwe.

Ibyumweru bibiri birashize amashuri asubukuye imirimo yayo nyuma y'igihe kigera ku mezi 8 yari afunze mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID19.

Mu kiganiro Minisiteri y'Uburezi yagiranye n'abanyamakuru kuri uyu wa mbere, Minisitiri w'uburezi Dr. Uwamariya Valentine yagaragaje ko muri rusange ubwitabire bw'abanyeshuri basubukuye amasomo buri kuri 89% mu mashuri abanza ndetse na 91% mu yisumbuye, Umujyi wa Kigali ukaba ari wo ufite abana benshi batarasubira ku ishuri.

Ministeri y'Uburezi ivuga kandi ko k'ubufatanye n'inzego z'ubuzima, kuva kuri uyu wa mbere hirya no hino mu gihugu hatangiye igikorwa cyo gusuzuma uko icyorezo cya COVID19 cyifashe mu mashuri. Ibipimo bigera ku bihumbi bitatu harimo 2 500 bizafatwa mu mashuri abanza n'ay'isumbuye ndetse n'ibindi 500 bizafatwa mu mashuri makuru na kaminuza, ni byo byitezweho kugaragaza ishusho ya koronavirusi mu mashuri nyuma y'ibyumweru 2 afunguye.

Minisitiri w'uburezi Dr. Uwamariya Valentine avuga ko mu gihe haboneka ubwandu muri ibyo bipimo bitavuze ko amashuri yahita yongera gufungwa.

Muri iki kiganiro kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye Twagirayezu Gaspard yakomoje ku kibazo cyo gushyira abarimu mu myanya avuga ko kitararangira kuko kugeza ubu mu mashuri abanza hagikenewe abarimu basaga ibihumbi 14 mu gihe mu yisumbuye na ho hagikenewe abasaga ibihumbi bitatu na magana atanu.

Icyakora ngo imyanya y'abarimu bakenewe ishobora gukomeza kwiyongera dore ko kuva amashuri yasubukura abagarutse mu kazi mu mashuri abanza n'ayisumbuye ari 95% gusa.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira