AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Inteko yakiriye Ministre wungirije w'Ububanyi n'Amahanga wa Maroc

Yanditswe Mar, 27 2019 09:36 AM | 6,045 Views



Ministre wungirije muri Ministeri y'ububanyi n'amahanga n' ubutwererane y'ubwami bwa Maroc, Mohcine Jazouli uri mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Ministri w'intebe ndetse anagirana ibiganiro n'abayobozi b' imitwe yombi y' inteko ishingamategeko.

Ibiganiro hagati ya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente na Minisitiri Mohcine Jazouli, byagarutse ku mubano mwiza hagati y' u Rwanda n'ubwami bwa Maroc n’aho ibihugu byombi bigeze bishyira mu bikorwa amasezerano byagiye bisinyana mu minsi ishize.


Mohcine Jazouli avuga ko banaganiriye ku bindi igihugu cye cyiteguye gufatanyamo n'u Rwanda harimo ibirebana n'ingufu zituruka ku mirasire y' izuba.

"Turimo kwiga uburyo twagirana andi masezerano, urugero nko mu birebana n' ingufu zituruka ku mirasire y'izuba. Turanareba uburyo ubunararibonye Maroc ifite mu bijyanye n' ingufu zituruka ku mirasire y' izuba, yabusangiza u Rwanda. Maroc ni kimwe mu bihugu muri iki gihe byateye imbere mu bijyanye n'ingufu zituruka ku mirasire y' izuba. Dufatanyije n'ibindi bihugu by'incuti z' u Rwanda, dufite gahunda yo gukora imishinga irebana n'amashanyarazi n'ingufu mu Rwanda,"Mohcine Jazouli

Mohcine Jazouli waje mu Rwanda ari kumwe n' abanya-maroc bagera ku 100 baje kwitabira inama y’abayobozi b’ibigo by’ishoramari ya Africa CEO Forum yagiranye kdi ibiganiro na Honorable Donatille Mukabalisa Perezida w’umutwe w’Abadepite, ndetse na perezida wa Sena, Honorable Bernard Makuza. 

Perezida wa Sena Bernard Makuza avuga ko uretse umubano mwiza uri hagati y’inteko zishinga amategeko hari amasezerano ibihugu byombi byagiye bisinyana mu nzego zitandukanye.

"Hari nko mu rwego rw' imiturire mu bijyanye n' amazu aciriritse, hari ibyerekeranye n' imiti aho bifuza gushyiraho uruganda rukora imiti, hari kdi n' ibijyanye n’ ubutwererane aho mu bijyanye n' ubutabera, uretse gucyaha abanyabyaha, hahugurwa  abantu bo mu nzego z' ubutabera. Mu rwego rw' inteko zishinga amategeko dufitanye umubano mwiza, hari inama dukunze guhuriramo, tukabona ko Maroc ishyigikira ibitekerezo u Rda rubwira abandi ku buryo ni ibintu byiza tugomba gushyigikira, ikindi dushyize imbere ni uguhanahana ubunararibonye,"

Muri Ministere y' ububanyi n' amahanga n' ubutwererane yo mu gihugu cya Maroc , Mohcine Jazouli  ashinzwe by' umwihariko ibirebana n' ubutwererane n' ibihugu by' Afurika, ukanaba ari umwanya mushya washyizwe muri iyo Ministere mu mwaka wa 2018.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu