AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Inteko y'abagore mu Mujyi wa Kigali yiyemeje kurushaho kwita ku burere bw'abana

Yanditswe Sep, 21 2019 16:13 PM | 11,945 Views



Bamwe mu baturage bavuga ko kutabonera abana umwanya ngo bahabwe uburere bwiza, ari byo ahanini biba intandaro yo kwishora mu ngeso mbi. Mu nama  y'Inama y'igihugu y'abagore ku rwego rw'Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu, ababyeyi bongeye kwibutswa kurushaho kwita ku burere bw' abana babo kugira ngo babafashe kubaka ejo hazaza.

Bamwe mu babyeyi bavuga ko kuba hafi y' abana babo ari kimwe mu byabarinda kwishora mu ngeso mbi.

Kabera Gatarina, umuturage mu Karere ka Gasabo yagize ati ''Ni ugukora kuri gahunda,iyo utashye usanga  abana mu rugo ukababa hafi kandi ukabaha uburere, iyo bigenze gutyo bagira imyumvire myiza, nk' umukobwa umugira inama ukamwigisha imico myiza, umuhungu umurinda kujya mu biyobyabwenge agakura afite uburere bwiza."

Na ho Habimana Evariste we agira ati '' N'ubwo twirirwa dushakisha tugataha bwije, iyo akanya kabonetse turabaganiriza tukababwira ibikenewe,umwana wahawe uburere  avamo umuntu muzima w'icyerekezo kizaza.''

Mu nama rusange y’inama y'igihugu y'abagore ku rwego rw'umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu, Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho myiza mu Mujyi wa Kigali, Umutoni Gatsinzi Nadine yasabye abagore gufatanya kugirango imihigo bafite bazashobore kuyesa banita cyane ku bibazo bigaragara mu miryango muri iki gihe.

Yagize ati ''Dufite urubyiruko riri munsi y' imyaka 18 rujya mu tubari, dufite abana b' abakobwa basangwa mu maroji (lodge), umubyeyi agomba kumenya ibyo umwana we yiriwemo, akamuganiriza, akamugira inama, akamubwira abo yirinda, n' ibyo yirinda. Abashukisha abana inzoga  n' ibindi na bo bagomba gukurikiranwa n'amategeko.Abagize CNF turabasaba kongera kwegera ababyeyi mu midugudu, mu tugari n'ahandi kugira ngo bongere bibutswe inshingano zabo nk' ababyeyi.''

Umuhuzabikorwa w'inama y'igihugu y' abagore mu Mujyi wa Kigali, Umuhoza Aurore, avuga  ko biyemeje gukurikirana ikibazo cy’abana batewe inda bari hirya no hino mu midugudu bagakorerwa ubuvugizi.

Yagize ati ''Turateganya kubitangira muri iki gihembwe cya 2 kugira ngo tumenye ngo muri buri murenge dufite abana batwaye inda zitateganijwe bangahe, kugira ngo ugire icyo ubamarira n'uko ugomba kumenya umubare wabo. Hari n'abo ababyeyi babo batakiriye nyuma yo gutwara inda, abo bana nibo Rwanda rwejo, iyo umwana yatwaye inda, ubuzima bwe ntago buba burangiye.''

Inama ngarukamwaka ihuza abagize inama y' igihugu y' abagore ku rwego rw'Umujyi wa Kigali yitabirwa n'abagore bahagarariye abandi kuva ku rwego rw'Umujyi wa Kigali kugera ku rwego rw'umurenge.Abagore bakavuga ko bagomba kuba ku isonga ry’imibereho myiza n’iterambere ry’imiryango yabo.

                         Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho myiza mu Mujyi wa Kigali, Umutoni Gatsinzi Nadine 


Carine UMUTONI



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage