AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Inteko y’Umuco igiye guhanga amagambo mashya abura mu Kinyarwanda

Yanditswe Feb, 22 2021 09:49 AM | 54,701 Views



Inteko y’umuco irakebura abavanga Ikinyarwanda n’indimi z’amahanga babyita ubusirimu kuko bitesha agaciro uririmi rwabo. Gusa ngo igiye no gushaka uko yahanga amagambo abura mu rurimi rw’ikinyarwanda kugira ngo haveho urwitwazo rwo gukomeza kukivangira.

Mu gihe Abanyarwanda bishimira ko bafite ururimi rumwe rubahuza, ari rwo Ikinyarwanda hari bamwe harimo n'abakiri bato bavuga ko kuba cyaratangiye kuvangwa n'izindi ndimi z'amahanga, bibatera impungenge z'uko hatagize igikorwa cyazagera aho kigata umwimerere warwo.

Ndayishimiye Janvier ukurikirana cyane akanasoma ibijyanye n’ubuvanganzo, umuco n’amateka by’u Rwanda, avuga ko abantu baramutse bashishikajwe no kwiga, gukunda no kuvuga neza Ikinyarwanda byakirinda gutakaza umwimerere wacyo. Ibi abihuriraho na Bazirushaka Isaie, umushakashatsi akaba n'umanditsi w'Ikinyarwanda we ubihuza no kuba byakwangiza n’umuco nyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe iterambere ry'ururimi n'umuco mu Nteko y'umuco, Uwiringiyimana Jean Claude, yemeza ko abantu badakwiye kwica Ikinyarwanda nkana bitwaje ubusirimu, ariko akanagaragaza ingamba zo kugisigasira zirimo kucyigisha abataragize amahirwe yo kukimenya no gushaka amagambo mashya aho akenewe.

Yagize ati ''Hari abagikoresha mu buryo butanoze ku bushake bwabo bakeneye no kwigishwa cyane kuko akenshi biba bishingiye ku myumvire kumva ko navanga Ikinyarwanda n'izindi ndimi aba abaye umusirimu, ariko ubwo busirimu nkunda kubwita ubusirimu busiribanga umutungo wawe, agaciro kawe, nta busirimu mbona, abo ni bo baduhangayikishije cyane kandi usanga ari na babandi bavuga rikumvikana. Itsinda rya 2 tutarenganya ni babandi batabashije kwiga Ikinyarwanda ni yo mpamvu iyo gahunda ya NDIGA IKINYARWANDA twavuze ireba cyane cyane abo ngabo tugomba kubafasha kwiga Ikinyarwanda. Icyiciro cya 3 ni kwa kuvanga uvuga uti namwe ntimwaduhaye amagambo y'Ikinyarwanda, ni yo mpamvu Inteko y'Umuco ifite gahunda yihutirwa cyane yo guhanga Amuga mu ngeri zitandukanye z'ubumenyi.''

Kubera impamvu zo kwirinda COVID19 umunsi mpuzamahanga wahariwe ururimi kavukire, wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni ibikorwa byaranzwe n'imbyino za Kinyarwanda, ubuvanganzo nyemvugo, muzika, ubusizi, kubara inkuru no gutangaza abantu bagaragaje guhiga abandi mu gukoresha neza Ikinyarwanda barimo urubyiruko, abasizi, abahanzi, abanyamakuru n'abashakashatsi.


Binvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura