AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Ingengo y'imari y'u Rwanda ishobora kwiyongeraho 10% umwaka utaha-MINECOFIN

Yanditswe May, 12 2021 10:15 AM | 26,499 Views



Guverinoma y'u Rwanda iratangaza ko ingengo y'imari ya leta y'umwaka utaha wa 2021/2022 ishobora kwiyongeraho 10% ugereranyije n'iy'uyu mwaka wa 2020/2021 ugana ku musozo.

Ibi bikaba bikubiye mu mbanzirizamushinga y'iyo ngengo y'imari yagejejwe ku mitwe yombi y'Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa gatatu.

Muri rusange Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi ivuga ko biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa 2021, ubukungu buzazamuka ku gipimo cya 5.1%, muri 2022 bukazamuka kuri 7%, naho muri 2023 ndetse na 2024 bukazamuka kimwe ku gipimo cya 7.8%.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi ushinzwe imari ya leta, Richard Tusabe wari uhagarariye guverinoma yagaragaje ko ingengo y'imari y'umwaka utaha wa 2021/2022 biteganyijwe ko izagera kuri miliyari zisaga 3 807 ivuye kuri miliyari zisaga 3 464 ari mu ngengo y'imari ivuguruye y'uyu mwaka wa 2020/2021. 

Biteganyijwe ko 67% by'iyo ngengo y'imari azaturuka imbere mu gihugu, 16% aturuke mu nkunga z'amahanga mu gihe 17% ari inguzanyo z'amahanga.

Richard Tusabe avuga ko mu itegurwa ry'iyi mbanzirizamushinga y'ingengo y'imari ya 2021/2022 hibanzwe ku bikorwa byo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y'igihugu yo kwihutisha iterambere, NST1, Vision 2050, kuzahura ubukungu bwahungabanyijwe n'icyorezo cya COVID19, kugeza urukingo rw'icyo cyorezo ku baturage, gushyira mu bikorwa ibyo umukuru w'igihugu yabemereye n'ibindi.

Ku birebana n’imyenda igihugu gifata mu guhangana n’iki cyorezo, guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko nta kibazo cy'imyenda ikabije igihugu gifite kabone nubwo leta ikomeje gufata inguzanyo mu rwego rwo kuzahura ubukungu bwazahajwe n'icyorezo cya COVID19.

Tusabe yavuze ko bitarenze muri 2030, umwenda igihugu gifite uzaba wasubiye ku gipimo gisanzwe.

Raporo y’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari,IMF, yo muri Mata uyu mwaka,  igaragaza ko muri 2020 ubukungu bw’Isi bwagabanutse ku gipimo cya 3.3% munsi ya zero, mu gihe muri uyu mwaka wa 2021 biteganyijwe ko buzazamuka ku gipimo cya 6%; na 4.4% mu mwaka wa 2022 bitewe n’uko ibihugu byinshi byatangiye kuva muri gahunda ya guma mu rugo, naho mu gihe giciriritse bukaba buzazamuka ku gipimo cya 3.3%.


 Divin Uwayo

 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize