AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Ingengo y'imari ikeneye kongerwa ngo habeho irerero rimwe muri buri kagari--NCC

Yanditswe Nov, 22 2016 16:08 PM | 4,370 Views



Komisiyo y'igihugu y'abana iravuga ko kugirango mu tugari twose tw'igihugu hazabe hari irerero byibura rimwe ari uko ingengo y'imari igenerwa gahunda z'abana yaba yiyongereye. 

Umuryango utegamiye kuri Leta Save the children Fund uvuga ko ikibazo cy'ingengo y'imari igenerwa abana ari kimwe mu bizitira uburenganzira bwabo

Nkuko bikubiye mu ngingo ya 19 y'amasezerano y'umuryango w'abimbumbye agamije kurengera uburenganzira bw'umwana ngo ingengo y'imari igenerwa gahunda z'abana iracyari hasi.

Dr Claudine UWERA KANYAMANZA uyobora komisiyo y'igihugu y'abana avuga ko hari gahunda zireba abana zitaragerwaho kuko ingengo y'imari y'abana ikiri nto: “…Muzi ko byanavuzwe no muri cabinet ko twifuza ko muri buri kagari byibuze haba hari amarerero mwese ntimutuye mu midugugu? ntimutuye mu turere? ayo marerero buri wese ntiyamenya aho atuye uko angana? ariko icyo tuyifuriza ni ukugira ngo afashe abo bana bacu. Muzi ko abana bahohoterwa, muzi ko twifuza no gufasha ababyeyi hari ababyeyi baba bafite akazi kenshi ariko bifuza n’aho basiga abana kandi ahantu heza ibyo byose ni ibintu twifuza kugeraho kandi bidusaba n'uburyo.”

Gusa Philippe ADABO uhagarariye umuryango utegamiye kuri leta Save the children's Fund avuga ko u Rwanda rukoresha neza ingengo y'imari igenewe abana ugereranije n'ibindi bihugu byo ku mugabane w'afrika.

Gahunda yo kongera  ingengo y'imari igenerwa abana ikaba inakubiye mu cyerekezo cy'umuryango wa Afurika yunze ubumwe y'umwaka wa 2063.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura