AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kuvura abatuye Cabo Delgado

Yanditswe Sep, 28 2022 16:26 PM | 64,878 Views



Abatuye Cabo Delgado barashima Ingabo z’u Rwanda zibavura zibasanze mu bice batuyemo aho iyi gahunda imaze kugera ku barenga 2600 utabariyemo abavurirwa aho ingabo z’u Rwanda zifite ibitaro.

’’Twebwe turanezerewe cyane kubona Abanyarwanda baza kutuvura, turwaye indwara nyinshi zirimo za malaria. Ikindi imitima yacu yarahungabanye, bitewe no guhora twiruka, kumva urusaku rw’imbunda, gutinya kubagwa nk’inkoko. Rero tubonye nk’uku baza kutuvura turishima cyane, tunabasaba ngo bakomeze baduhoze amarira dufite.’’

Ibivugwa n’uyu mugabo George Said ni ukuri Malaria yari igiye kumara abatuye Cabo Delgado, nk’uko bigarukwaho na Major Dr. Jean Paul Shumbusho uyoboye ibikorwa by’ubuvuzi mu ngabo na Polisi by’u Rwanda mu ntara ya Cabo Delgado.

Abaturage babarirwa hagati ya 300 – 500 ni bo bari bitabiriye iyi gahunda yo gusanga abaturage mu bice batuyemo aha mu cyaro giherereye mu murenge wa Olumbi mu karere ka Palma.

N’ahandi ni ko bigenda, nka Olumbi, Mocimboa Da Plaia, Palma, Tshinda, Ewase aho ababarirwa mu 2600 bamaze kuvurirwa muri iyi gahunda icyakora umubare munini unasanga izi nzego z’umutekano z’u Rwanda aho zikorera maze zikavurwa.

Umuvugizi w'ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ibikorwa nk’ibi bikorerwa abaturage mu rwego rwo kubaha umutekano usesuye ku ngingo zose.

Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF