AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Yanditswe Jun, 05 2023 21:15 PM | 35,046 Views



Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo icyo ryubakiwe, ubu ririmo abacuruzi bane gusa nabo bavuga ko batabona abaguzi kuko nta rujya n'uruza rw'abantu rukiba muri iri soko.

Muri iri soko mpuzamipaka rya Cyanika hakoreramo ishami rya banki, ububiko bw’ibicuruzwa, Alimantation n’ibiro by’umwe mu miryango wigenga ukorera mu Karere ka Burera.

Ahandi hose hasigaye nta gikorerwamo, abarikoreramo bagaragaza ko imikorere yabo ikomwa mu nkokora no kubura abaguzi kubera impamvu basobanura.

Munyembaraga Jean de Dieu ukuriye Urugaga rw'abikorera mu Karere ka Burera, avuga ko ibyo bibazo bihari koko ariko bikaba byaragejejwe ku nzego zitandukanye bakaba bategereje igisubizo.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal yasobanuye impamvu hagifatwa igipimo cya Covid 19.

Iri soko mpuzamipaka rya Cyanika ryuzuye mu mpera z'umwaka wa 2018 rikaba rigizwe n'ibice 2 harimo iryubatswe ku mupaka ndetse n'isoko ry'amatungo ryubatswe mu Murenge wa Rugarama ryo rikaba rikora neza.

Aya masoko yose yuzuye atwaye agera hafi kuri Miliyari ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.


Ally Muhirwa



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira