AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Imyaka 100 iruzuye Kaminuza ya Makerere ishinzwe

Yanditswe Aug, 20 2022 20:55 PM | 136,416 Views



Abagize ihuriro ry'abanyarwanda bize muri kaminuza ya Makerere muri Uganda barishimira imyaka 100 ishize iyi Kaminuza ishinzwe, ubu kuba batanga umusanzu mu kubaka igihugu babikesha ubumenyi bakuye muri iyi kaminuza.

Ubuyobozi bwa kaminuza ya Makerere bushima umuvuduko w'u Rwanda mu iterambere rigizwemo uruhare n'abanyarwanda barimo n'abize muri iyi kaminuza.

Mbundu Faustin na Alice UMutesi Buhinja ni bamwe mu bari mu nzego zitandukanye zifite aho zihuriye n'iterambere ry'u Rwanda.

Aba kandi ni na  bamwe mu banyarwanda basaga 1000 bize muri kaminuza ya Makerere muri Uganda, bishimira ubumenyi bakuye muri iyi kaminuza bwabahinduriye ubuzima.

Kaminiza ya Makerere yatangiye mu mwaka wa 1922 kuri ubu iri mu bikorwa byo kwizihiza imyaka 100 imaze itanga ubumenyi. 

Umuyobozi w'ihuriro ry'abize muri iyi kaminuza ishami ry'u Rwanda, Shukuru Bizimungu avuga ko umusanzu utangwa n'abanyarwanda bize muri Makerere ku iterambere ry'u Rwanda ari ntagereranywa.

Umuyobizi wungirije wa kaminuza ya Makerere, Professor Barnabas Nawangwe ashima umuvuduko u Rwanda mu iterambere rigizwemo uruhare n'abanyarwanda barimo n'abize muri Makerere.

Abize muri Kaminuza ya Makerere ishami ry'u Rwanda basaga 1000. 

Abanyamuryango b'ihuriro bakaba basaga 500 aho bamaze gukora ibikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye ndetse no kurihira bamwe mu bana bo mu miryango itishoboye amafaranga y'ishuri n'ibindi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama