Yanditswe Jan, 07 2022 18:18 PM | 9,492 Views
Bamwe mu banyamahoteri batandukanye, baravuga ko batunguwe no kubona amahoteli yabo ari ku rutonde rw'afunzwe rwaraye rusohowe na RDB, nyamara amakosa bahaniwe ari ayo mu mwaka ushize.
Bavuze ko ibi byatangiye kugira ingaruka kuri serivisi batanga kuko
abakiriya babo barimo kwishakira ahandi bajya kuba kandi aya mahoteli arimo
gukora.
Tariki ya 6 Mutarama 2022, nibwo RDB yashyize hanze urutonde rw'amahoteri na restaurant 18 zahawe ibihano binyuranye kubera kutubahiriza ku buryo bukwiye amabwiriza yo kwirinda Covid19.
Airport-Inn in hotel yashyizwe ku rutonde ko ifunzwe mu gihe cy'amezi 3, umuyobozi wayo, Kayisire Charles asobanura ko ibihano bikubiye muri iri tangazo ari iby'umwaka
ushize bikaba birimo gutuma abakiriya bagira amakuru atari yo.
Yagize ati "Hari abakiriya b'amahoteri atandukanye muri Kigali barimo guturuka hanze y'igihugu, bakabwirwa ko hari amwe afunze nyamara baramaze gusaba ibyumba bazabamo mbere ibizwi nka reservation, bakifuza ko hakwiye gutangwa amakuru yumvikana kugira ngo birinde ibihombo byo gushaka izindi hoteli."
Nanone ariko abanyamahoteri na za restaurant barimo n'abigeze gucibwa amande, basanga bikwiye ko abatanga bene izi serivisi bagomba kwitwararika ku mabwiriza yo kwirinda Covid19 kubera ari serivisi zihuriramo abantu benshi.
Rudy Ghirini uyobora Pili Pili Invest LTD yagize ati "Umwanya usabwa hagati y'ameza urahagije, umwuka urahagije, abakiriya ntibarenga 75%, uwinjiye hano apimwa umuriro, tubaza abantu ko bipimishije, navuga ko kugeza ubu duhagaze neza, gusa birababaje kuko hagati y'ubunani na noheli baraduhannye kuko ni ibihe by'iminsi mikuru hari haje abantu benshi bituma batinda gutaha kandi urabizi ko gufunga ari sa tatu z'ijoro, abantu baratinze kugeza nka saa tatu na 20, bituma baduca amande y'ibihumbi 300."
Umuyobozi w'ishami rishinzwe ubugenzuzi bw'ibigo by'ubukerarugendo
n'amahoteri, Nsabimana Emmanuel avuga ko abantu bumvise nabi ibikubiye muri iri
tangazo kuko usibye amahoteri na restaurant 3 bikiri mu bihano, ngo ibindi
birakora.
Ku rundi ruhande abaturage basanga ari ngombwa ko abantu mu nzego zose bashyira mu bikorwa aya mabwiriza, kugira ngo imibare y'abandura Covid19 igabanuke.
Bimwe mu bikunze gutuma ibigo binyuranye bifungwa harimo gukoresha abakozi batipimishije covid 19, kurenza amasaha yo gutaha yagenwe, kudasiga intera hagati y'umuntu n'undi n'ibindi.
Jean Claude Mutuyeyezu
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru