AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Impuguke mu bukungu zivuga ko gukoresha ifaranga rimwe muri EAC byafasha mu kubaka ubukungu butajegajega

Yanditswe Dec, 03 2022 19:18 PM | 271,503 Views



Impuguke mu bukungu zivuga ko gukoresha ifaranga rimwe mu bihugu bihuriye mu Muryango w'Afurika y'Iburasirazuba byafasha mu kubaka ubukungu butajegajega mu karere.

Ibi biravugwa mu gihe ubunyamabanga bukuru bw'uyu muryango buvuga ko inzego zitandukanye muri uyu muryango zirimo gukora ibishoboka byose kugirango gahunda yo gukoresha ifaranga rimwe igerweho vuba bishoboka.

Gushyiraho ifaranga rimwe (Monetary Union) mu muryango w'Afurika y'iburasirazuba ni inkingi ya 3 imwe mu nkingi 4 z'uyu muryango mu rugendo rwerekeza ku kwihuza nyako kw'ibihugu biwugize.

Teddy Kaberuka ni impuguke mu bukungu avuga ko "Mpereye ku rugero rworoshye, iyo uvuye mu Rwanda ugiye muri Kenya ugiye kurangura ibintu muri Kenya, amanyarwanda ufite ubanza kuyavunja mu madorari, wagera muri Kenya ugafata amadorari ukayavunjisha mu mashiringi yo muri Kenya, urumva ko uko uva mu ifaranga rimwe ujya mu rindi niko ugenda utakaza agaciro k'amafaranga wari ufite bigatuma uhaha uhenzwe. Ni kimwe n'umunya Kenya iyo aje mu Rwanda abanza kuyashyira mu madorari akayashyira mu manyarwanda ageze inaha bigatuma haba ibihombo hagati y'ibihugu."

Umuyobozi Mukuru wa Afri-Global Cooperation Programme, ikigo gihuza abashoramari n'abafite ibitekerezo by'imishinga, Shyaka Michael Nyarwaya, asanga gukoresha ifaranga rimwe mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba bifite inyungu nyinshi mu bucuruzi.

Ku rundi ruhande bivugwa ko hari itsinda ry'abatekenisiye ryatanze inama z'uko uyu mushinga wo gushyiraho ifaranga rimwe mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba wazashyirwa mu bikorwa muri 2031 mu gihe byari biteganyijwe ko utazarenza muri 2024.

Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki avuga ko gushyiraho ifaranga rimwe muri uyu muryango bitazatinda nk'uko bamwe babitekereza.a ubyuka washyira ukuboko kwawe mu mufuka ugasangamo ifaranga rya EAC uzajya wibuka uyu muryango icyo nicyo dushaka.

Inkingi 2 mu zigize uyu muryango zirimo gushyirwa mu bikorwa, aha harimo inkingi yo guhuza za gasutamo igeze kure ishyirwa mu bikorwa ndetse n'inkingi y'isoko rusange. 

Gukoresha ifaranga rimwe ni inkingi ya 3 mu gihe izaba imaze kugerwaho hazakurikiraho guhuza politikI z'ibihugu ndetse no kwihuza kwa za leta n’ibihugu.


Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira