AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Impamvu yo guhagarara k’ubukerarugendo bwari bwaratangiye ku musozi wa Rubavu

Yanditswe May, 30 2022 20:39 PM | 97,301 Views



Abatuye Umujyi wa Gisenyi baravuga ko bababajwe no kuba ubukerarugendo bwari bwaratangiye gukorerwa ku musozi wa Rubavu bwarahagaze, ndetse n'ibikorwaremezo byahashyizwe mu rwego rwo kuruhuka no kwidagadura byarangiritse.

Umusozi wa Rubavu ufite igice cyahariwe ibikorwa by’ubukerarugendo, igitekerezo cyo kuhatunganya cyari kigamije gufasha abantu kuruhuka no kwidagadura, ariko ikigaragara ibikorwaremezo byahashyizwe birafunze, ibindi byarasenyutse, n'inzira izitarasenyutse zarasibye zirengerwa n'ibihuru.

Aho ku musozi wa Rubavu, witegeye neza ikiyaga cya Kivu, Umujyi wa Rubavu na Goma, bamwe mu bahatemberaga baje kwica isari n'inyota bavuga ko batanejejwe no kubona aho hantu hatagikora nyamara bari barishimiye uwo mushinga.

Mu mizo ya mbere ubwo umusozi wa Rubavu ubwo wamaraga gushyirwaho, bimwe mu bikorwaremezo byoroshya kuharuhukira n'ubukerarugengo, ngo ntihatembereraga gusa abatuye Rubavu kuko n'abandi bakerarugendo bavuye kure bari baratangiye kuhagenderera, ariko kuri ubu ntibakihagera.

Ibikorwa by’ubukerarugendo ku musozi wa Rubavu, Akarere kabyeguriye koperative Inshongore ariko ubwo twakoraga iyi nkuru ntiyashatse kugira icyo itangaza.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko koperative Inshongore yananiwe kubyaza umusaruro ibikorwa bayihaye, bityo bitarenze muri Nyakanga hagomba kuba habonetse undi mufatanyabikorwa mushya.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bugaragaza ko buteganya kandi gukomeza kubungabunga uyu musozi, cyane cyane ku gice cyahariwe ubuhinzi hakigaragara ibyuho. 

Uyu munsi hari guterwamo ibiti bivangwa n’imyaka, hanacibwaho imiringoti mu rwego rwo gukumira isuri ikunze gusenyera abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi no mu nkengero zawo.


Fredy RUTERANA na Didace Niyibizi



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura