AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Imiryango 90 igizwe n'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Rusizi yahawe inzu zigezweho

Yanditswe Jun, 04 2021 11:58 AM | 63,019 Views



Kuri uyu wa Gatanu, imiryango 90 igizwe n'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu karere ka Rusizi ariko itari ifite amacumbi meza, yashyikirijwe inzu zigezweho yubakiwe n'akarere ku bufatanye n'ikigega gitera inkunga Abarokotse Jenoside batishoboye, FARG.

Ni inzu zubatswe mu buryo bwa two in one (Ebyiri muri imwe), zubatswe mu bice bitandukanye by'akarere ka Rusizi.

Buri muryango wahawe inzu na bimwe mu bikoresho by'ibanze byo mu nzu harimo intebe n’ibindi.

Abazihawe barashima ko ubu noneho ubuzima bwo guhangayikira aho kurambika umusaya bugiyeho iherezo.

Uwitwa Mukandutiye uri mu bahawe izi nzu, uvuga ko yabaga mu nzu nto y'umwana we, ariko ikaba yari imaze gusaza kandi ageze mu zabukuru ku buryo atabasha kwiyubakira.

N'ubwo aba bazibonye ariko muri aka karere haracyari abandi barokotse Jenoside yakorewe abatutsi basaga 1400, bagifite amacumbi atameze neza ndetse abandi bakaba nta yo bafite.

Aba bavuga ko bategereje igisubizo ku itanura ry'amatafari ryubatse mu Murenge wa Gitambi, nyamara bakaba bababazwa n'uko rimaze imyaka isaga 7 FARG  iryubatse ariko ritaragira ikintu ribamarira.

Umuyobozi mukuru wa FARG, Uwacu Julienne yavuze ko hagitunganywa uko ryakora ngo rifashe mu kubakira abatarabona amacumbi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira