AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Imiryango 560 muri Muhanga yemerewe uburenganzira bwandikwa mu bitabo by’irangamimerere

Yanditswe Jul, 06 2021 13:09 PM | 91,964 Views



Imiryango 560 muri Muhanga yemerewe guhabwa uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo by’irangamimerere

Imiryango 560 kuri 866 yo mu Mirenge ya Mushishiro na Muhanga, yemerewe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu karere ka Muhanga kongera guhabwa uburenganzira bwo kwandikwa mu bitabo by’irangamimerere.

Ibi bikozwe nyuma y’aho mu myaka ya 1997 na 1998 dosiye zose z’iyahoze ari komine Buringa zatwitswe n’abacengezi, bituma nta muntu n’umwe wongera kubona icyangombwa cy’uko yashyingiwe, kuko nta kimenyetso na kimwe cyabigaragazaga.

Ubu akanyamuneza ni kose ku basanganywe iki kibazo, ndetse abagera ku 123 bakaba bamaze kongera kwandikwa mu Murenge wa Mushishiro.

Itegeko rigenga umuryango n’abantu ryo mu 2016, riteganya ko iyo hari impamvu yatumye ibitabo by’irangamimerere bizimira hakorwa iperereza, rizavamo ikirego gitangwa n’abahagarariye inyungu z’abaturage hagafatwa umwanzuro ku kirego cyatanzwe.

Akarere ka Muhanga niko kareze mu izina ry’abaturage aho 64.6% ari bo bamaze kwemererwa gusubizwa mu bitabo by’irangamimerere, abandi bakazafashwa mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira