Yanditswe Dec, 02 2022 19:02 PM | 240,210 Views
Imiryango 52 igituye mu birwa biri mu kiyaga cya Ruhondo mu karere ka Musanze, iravuga ko imaze imyaka irenga 8 yizezwa kwimurwa ariko amaso yaheze mu kirere.
Bavuga ko inzu batuyemo zishaje zimwe zenda kubagwira uko bangiwe no kuvugurura.
Twifashishije ubwato bwa Police y'u Rwanda, duhagurutse kumwaro w’ikiyaga cya Ruhondo mu Murenge wa Remera twerekeza ku birwa biherereye mu Murenge wa Gashaki.
Ibirwa 3 aribyo Cyamukira, Mwegerera na Kapyisi nibyo bigituwe.
Abahatuye bagaragaza ko inzu zabo zishaje cyane, kandi bamaze imyaka myinshi bizezwa kwimurwa.
Aba baturage bifuza ko bakwimurwa, bagatuzwa neza.
Imibereho y’abatuye kuri ibi birwa ishingiye ku buhinzi no kujya guca inshuro imusozi bifashishije ubwato.
Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Ramuri Janvier yizeza aba baturage ko inzego zitandukanye zigiye kuganira ku buryo bakwemererwa kuvugurura inzu zabo mu gihe bategereje kwimurwa.
Kugeza ubu imiryango 112 niyo yamaze kwimurwa mu birwa bya Ruhondo ituzwa mu midugudu ya Murora na Ruhasa, ubu hasigayeyo imiryango 52 nayo itegereje kwimurwa.
Robert Byiringiro
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru