Yanditswe Dec, 08 2022 19:35 PM | 149,718 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga imihindagurikire y’ikirere ari imbogamizi ku iterambere ry’umugabane wa Afurika, ariko yemeza ko abantu badakwiriye gutakaza icyizere kuko uyu mugabane ukize ku bijyanye n’ingufu zisubira.
Ibi yabitangaje mu kiganiro yageneye abitabiriye ihuriro nyunguranabitekerezo riganirwamo ibibazo bibangamiye Afurika rizwi nka Kusi ideas festival ryaberaga mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa Kane.
Perezida Kagame yagaragaje ko n’ubwo Afurika yugarijwe n’ihindagurika ry’ikirere hari icyizere ko yashobora guhangana n’ingaruka zaryo:
"Imihindagurikie y’ibihe ni ikibazo cy’isi yose, ariko siyansi ibisobanura neza ko bigira ingaruka kuri Afurika mu buryo butangana. Ikibazo giterwa n’ihindagurika ry’ikirere rero ni imbogamizi ku iterambere rya Afurika. Icyakora ntabwo dukwiriye gutakaza icyizere kubera ibi bikurikira: Icya mbere ni uko Afurika ikize ku masoko y’ingufu zisubira bituma umugabane wacu uba inkingi ya mwamba mu gushakira ibisubizo imihindagurikire y’ikirere. Icya kabiri Afurika ifite urubyiruko twiyemeje kandi rufite impano ruri ku isonga mu bikorwa bigamije gutuma aho batuye babasha guhangana n’imihindagurikire y’ikirere. Icya nyuma ariko cy’ingirakamaro cyane nuko dufite icyerekezo duhuriyeho mu buryo burambye cya Afurika yihagazeho imbere y’ihindagurika ry’ikirere nk’uko bikubiye mu cyerekezo cya Afurika mu 2063.'
Perezida Kagame kandi aomeza avuga ko bigoranye kubona amikoro yo kwifashisha mu guhanga n’ihindagurika ry’ikirere. Bityo ngo ibihugu bisohora ibyuka byinshi bihumanya ikirere bikwiriye kwishyura amafaranga byiyemeje.
Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwishatsemo ibisubizo rushyiraho ikigega cyo kurengera ibidukikije, gishyigikira imishinga ya Leta n’iy’abikorera iteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije. Yabijeje ko U Rwanda rwiteguye gusangiza n’ibindi bihugu ibisubizo rwagiye rwishakamo mu guhangana n’iki kibazo.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru