Yanditswe Jun, 25 2022 20:22 PM | 117,638 Views
Impuguke muri Dipolomasi barahamya ko imigendekere myiza ya CHOGM2022 isojwe mu Rwanda, ari icyitegererezo cyiza ku bakiri bato cyo kudaherwanwa no guharanira kugera kuri byinshi.
Benshi bemeza ko u Rwanda kuri ubu isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga ihindutse bitewe n’uburyo iyi nama yageze ku ntego zayo.
Iminsi 6 Irashize mu Rwanda habera ibikorwa by' uruhurirane bishamikiye ku nama y' abakuru b' ibihugu na guverinoma biri mu muryango wa Commonwealth, bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kigali bashima cyane imigendeker emyiza yiyi nama.
Usibye abaturage babona inyungu nyinshi mu kuba u Rwanda rwakira ibikorwa nk'ibi mpuzamahanga abacuruzi nabo, barabishima nk'uko byumvikana mu kuri bamwe mu bitabiriye kumurika ibyo bakora muri ibi bihe igihugu cyakiriye abashyitsi benshi.
Ahereye aha, impuguke mu bukungu, Straton Habyarimana agaragaza ko iyi nama yongeye guha imbaraga zikomeye gahunda ya leta y'u Rwanda yo gushyira ku isonga urwego rwa serivisi mu zigomba kurushaho kwinjiza amadevise mu Rwanda no gutanga umusanzu munini mu iterambere ry'igihugu muri rusange.
Habyarimana kandi asanga hari amasomo akomeye abikorera bo mu Rwanda bakwiye kwigira mu mahirwa nkaya aba aje abasanga.
Ahereye ku mateka y' u Rwanda, ndetse naho rugeze impuguke muri dipolomasi, Amb. Joseph Mutaboba asanga kwakira neza inama mpuzamahanga nka CHOGM, ari intambwe ikomeye ku Rwanda ariko ikaba n'umwanya mwiza wo kwerekana amasomo amahanga yarwigiraho.
Avuga ko kuba u Rwanda rwarakiriye neza iyi nama kandi ikitabirwa n'abantu benshi barimo abakuru b'ibihugu na za guverinoma bari bageze mu Rwanda bwa mbere, byaratanze ubutumw kubakira mu mahanga bavuga nabi u Rwanda, kuko abo babibwira ubu biboneye amateka ya nyayo n'intambwe u Rwanda rumaze gutera.
imigendekere myiza y'iyi nama ndetse n'izindi zayibanjirije bifatwa
nk'itsinzi ku Rwanda, impuguke muri politike zikaba zisanga ari amasomo ku bakiri
bato yo gukomeza kurangwa n'ubudaheranwa ndetse no kwiyemeza kugera ku bikorwa
binini, nk'uko biri mu byaranze abashoboje u Rwanda kugera kubiriho ubu.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru