AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Imibereho y’abahoze batuye Kangondo bimuriwe mu Busanza, hari abataka amazi

Yanditswe Jan, 26 2021 08:28 AM | 85,126 Views



Nyuma y'amezi atatu abaturage ba mbere bimuhwe muri Kangondo bakajya gutura mu nzu bubakiwe mu Murenge wa Kanombe mu Busanza baravuga ko byabashimishije, gusa bagasaba ko bagerwaho n'amazi meza uko bikwiye.

Amezi atatu arashize abaturage ba mbere bimuwe mu kagali ka Nyarutarama bageze muri uyu mudugudu, uherereye mu Kagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe. Bavuga ko bamaze kumenyera ubuzima bwo kuri uyu musozi ndetse bishimiye aha bimuriwe.

Uwamahoro Jacqueline ati "Mpageze nasanze uko bahavugaga atari ko hameze nasanze bitandukanye nuko bahavugaga, bavugaga ko ari mu cyaro, ngo ari habi ariko kuri njyewe ku giti cyanjye nasanze ari heza rwose hambereye heza."

Hakundimana Christian we ati "Bajyaga bavuga ngo nituhagera ingona zizajya ziturira abana ngo kuko ari Nyabarongo, ariko si ko nabibonye, njyewe ku giti cyanjye n'inzu nta kibazo inteye rwose, nabonye ntacyo intwaye."

Niyonsaba Josiane we ati "Ubuzima rwose buragenda, twaje batubwira ngo ni ibibazo ariko twasanze ari inzu nziza rwose nta n’aho ihuriye n'iyo twarimo, rwose inzu ndimo ndayishima."

Ku rundi ruhande ariko, aba baturage bavuga ko muri uyu mudugudu bafite ikibazo cy'amazi ngo kuko aza igihe gito kandi babona haba harabayeho amakosa mu gushyira amazi muri izi nzu, bavuga ko hari n'iziva mu gihe cy'imvura.

Uwamahoro Jacqueline ati "Nk'umuntu utuye muri 3, dufite ikibazo iyo imvura iguye amazi yose araza akinjira muri plafon, ubu mu cyumba cyanjye plafon yaratose yose, kuva naza mbatumaho rwose bakambwira ngo baraza kuhasana ariko ntibaraza. Iyindi mbogamizi ihari ni amazi, twishimira ko Leta yayahagejeje ariko ntatugeraho twese, nkubu jye ndi muri gatatu ndayafite ariko uri muri rimwe no muri kabiri ntayo bafite."

Nzabonimpa Hassan we ati "Kuva twagera aha amazi ni ikibazo, hari igihe amara icyumweru ataraboneka kandi rwose nawe urahabona ni imbogamizi ikomeye rwose."

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'aka Karere ka Kicukiro, aba baturage batuyemo Umutesi Solange  avuga ko amazi abageraho mu buryo busanzwe bwo gusaranganya bukoreshwa hose mu Murenge wa Kanombe.

Yagize ati "Ntabwo ari ikibazo kiri mu nzu  zose kandi na bwo hatangiye gukosorwa, kuko urumva inzu ziracyari shyashya rero tugenda dukosoka, rero ntitwavuga ko ari ikibazo cy' amazi makeya kuko Umurenge wa Kanombe na wo ugendera ku iseranganya ry' amazi ariko twanahubatse ibigega."

Ubuyobozi bw'umujyi wa Kigali buvuga ko mu cyiciro cya mbere hagombaga kwimuka imiryango 420, ariko kugeza ubu hakaba hamaze kwimuka irenga gato 150.

Aba bimuwe hari abatuye mu nzu z' ibyumba 3, uruganiriro n'ubwiherero, izigizwe n'ibyumba bibiri  uruganiriro n'ubwiherero ndetse n' izigizwe n'icyumba kimwe uruganiriro n'ubwiherero. Abahabwa inzu bakaba bazihabwa hagendewe ku ngano y’iyo babagamo mu Kagali ka Nyarutarama.


Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu