AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Imbamutima z'Abayisilamu bongeye kujya mu misigiti nyuma y'amezi 4

Yanditswe Jul, 24 2020 19:13 PM | 60,287 Views



Abayoboke b'idini ya Islam barishimira ko bongeye guteranira mu misigiti nyuma y'amezi arenga 4 batahakandagira kubera COVID - 19. icyakora amabwiriza basabwa ngo ntiyoroshye na mba ku buryo imisigiti itageze no kuri 20 mu gihugu hose ariyo yemerewe gufungura imiryango.

 Adhana, amezi yari abaye ane itumvikana mu Rwanda. Abayoboke b'idini ya Islam n'abandi babarizwa mu yandi madini n'amatorero basengeraga mu ngo za bo hagamijwe kwirinda icyorezo cya COVID - 19.

Ku isaa sita z'amanywa kuri uyu wa gatanu mu isengesho rya Ijuma abayoboke b'idini ya Islam bari batangiye kugera ku misigiti. Ku marembo yayo, babanzaga gupimwa, bagusangamo umuriro ukabije, aho kwinjira mu musigiti bakagushyikiriza inzego z'ubuzima kugira ngo zisuzume neza impamvu z'uwo muriro, nka kimwe mu bimenyetso bya Covid 19. 

Uwinjira kandi yabanzaga gukaraba intoki n'amazi meza ndetse n'isabune, bakamubaza imyirondoro ye bakayandika ubundi agakuramo inkweto akinjira mu musigiti, gusenga kandi kwari ukubahiriza intera ihagije hagati y'umuntu n'undi.

Izi ni imbamutima za bamwe mu bayoboke ba Islam nyuma y'isengesho.

Muhtari Omar yagize ati ''Nyuma y'amezi ane mu by'ukuri tumaze amezi ane tudasenga mu musigiti dufite ibyishimo byinshi nk'abayisilamu urabona ko nubwo turi bake ariko n'ibintu by'agaciro cyane.''

Mushimiyimana Zawadi ati ''Mu mutima wanjye nabyakiriye neza cyane ko abayisilamukazi tuba dusabwa gusengera amasengesho yose mu ngo noneho iswala ya ijuma tukayisengera mu musigiti bikanadufasha kugira icyo twiyungura hari icyo byanyongereye hari icyo byongeye kumfasha."

Uyu wa gatanu wari umunsi ukumbuwe n'abayoboke b'idini ya Islam, gusa imisigiti micye irimo umwe wo muri Kigali mu karere ka Gasabo, niyo yari yujuje ibisabwa ngo yongere  gusengerwamo. 

Mufti w'u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim at''Musanze hari imisigiti ibiri, Rubavu, Rusizi, I Burasirazuba za Rwamagana n'ahandi, Kirehe dufiteyo imisigiti igera kuri itatu, Nyagatare naho umusigiti wafunguwe, Kiramuruzi.''

Iyi ni yo misigiti yateraniwemo mu gihugu hose, mu gihe mu Rwanda ubusanzwe habarurwa imisigiti 675.

Mufti Hitimana Salim aragaruka ku mpamvu zatumye imisigiti myinshi mu Rwanda itemererwa guteranirwamo kuri uyu wa gatanu. 

Ati "Hari bimwe mu bintu byasabwe birimo nk'aya ma robine umuntu ategaho ibiganza amazi akamanuka n'ibindi urebye nibyo byagiye bizana akabazo gato kuko ibyo bisaba ubushobozi n'uburyo, nibaza ko bisaba ko umuntu abanza akabyitegura neza kuko ni ibintu bihenzemo kandi tumaze amezi agera kuri ane tudashobora guterana, abayisilamu badashobora kujya gusari ndetse no guteranira hamwe, ibyo nkibaza ko byatumye habaho ubwo buremere.''

Amabwiriza arimo nko guterana abayoboke basiga intera hagati yabo, hari abayisilamu bavuga ko bihabanye n'uburyo basanzwe basengamo.

Umwe mu bayoboke muri iri dini yagize ati  ''Imana yatubwirije y'uko tugomba kwegerana kugira ngo shetani yavumwe itaza ikaturogoya maze tugatandukira amasengesho turimo ugasanga aho kugira ngo tubone inyungu mu masengesho tubonyemo ibyago no muri iyi gahunda baravuga ko tugomba gutandukana nibura metero imwe ariko ubu batubwiye metero eshatu.''

Kuri iyi ngingo ubuyobozi bw'idini ya Islam mu Rwanda bubitangaho umucyo.

Mufti Hitimana ati ''Ubu buryo dusengamo butandukanye idini ya Islam irabuteganya kandi sinibaza uwanangira kutubahiriza ambwiriza kuko ni aturinda kandi agakumira kiriya cyorezo kugira ngo kitaducura inkumbi nkuko kiri kubikora hirya no hino, icya mbere ni ukugira ubuzima bwiza buzira umuze ubundi ukabona gusenga Imana.''

Indi ngingo abayoboke b'idini ya Islam basabwa ni ukwitwaza umuswara, iki ni igikoresho basasa ku itapi bagasengeraho buri umwe asabwa gukoresha iye.

Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira