AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Imashini yiswe Irembo ry’Isuku yaba igiye kuba igisubizo cyo kwirinda COVID19 mu masoko?

Yanditswe Aug, 19 2020 09:51 AM | 51,898 Views



Kuri uyu wa Kabiri Ikigo cy’Igihugu y’Ubuzima cyerekanye imashini igiye kwifashishwa mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19 cyane ahinjirwa n’ahahurira abantu benshi.

Ni mu gihe byabonekaga ko hari icyuho gikomeye mu kwirinda icyorezo cya COVID19 cyane cyane mu masoko, ikaba ari na yo ntandaro yatumye muri iki cyumweru amasoko abiri  akomeye yo mu Mujyi wa Kigali yarafunzwe bitewe n’uko hagaragaye mu buryo bukabije umubare w’abanduye iki cyorezo.

N’ubwo ayo masoko yafunzwe ariko, mu yandi masoko imirimo irakomeje, usanga hari abayakoreramo bagenda biguruntege mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda iki cyorezo, aho usanga guhana intera, kwambara udupfukamunwa neza ndetse no gukaraba intoki henshi bidakorwa uko bikwiye.

Bamwe mu bakorera mu masoko, iyo muvuganye wumva bafitiye ubwoba iki cyorezo, n’ubwo hari n’abandi ubona imigirire yabo igaragaza ko bagikerensa.

Mu rwego rwo kwirinda ko ahahurira abantu benshi ndetse hatangirwa serivisi z'ibigo bya Leta n'abikorera haba indiri y’icyorezo cya COVID19, hatangiye gukoreshwa ikoranabuhanga ryitezweho kuba ryakumira ikwirakwira ry’ubwandu.

Kuri uyu wa Kabiri, RBC yerekanye imashini yitwa IREMBO RY’ISUKU, yakozwe na kompanyi SMS Group, izashyirwa ahantu abantu binjirira bajya mu bigo binyuranye cyangwa bajya ahahurira abantu benshi.

Iyi mashini ifite aho bakarabira intoki, ipima umuriro, inareba ko umuntu yambaye neza agapfukamunwa. Utabyujuje ntizajya imwemerera kwinjira.

Abakoze iyi mashini bavuga ko bafite ubushobozi bwo gukora izihagije isoko ry’u Rwanda, aho ku ikubitiro bashobora gukora 5 ku munsi.

Mu minsi 5 ishize mu Rwanda,  ubwandu bwa koronavirusi bwiyongereye mu buryo butari busanzwe,  aho abanduye bamaze kugera kuri 377, biganjemo abakorera mu masoko yo mu Mujyi wa Kigali.

Imikorere y'iyi mashini: Reba iyi video.


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura