Yanditswe Aug, 19 2020 09:51 AM | 51,898 Views
Kuri uyu wa Kabiri Ikigo cy’Igihugu y’Ubuzima
cyerekanye imashini igiye kwifashishwa mu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya
COVID19 cyane ahinjirwa n’ahahurira abantu benshi.
Ni mu gihe byabonekaga ko hari icyuho gikomeye mu kwirinda icyorezo cya COVID19 cyane cyane mu masoko, ikaba ari na yo ntandaro yatumye muri iki cyumweru amasoko abiri akomeye yo mu Mujyi wa Kigali yarafunzwe bitewe n’uko hagaragaye mu buryo bukabije umubare w’abanduye iki cyorezo.
N’ubwo ayo masoko yafunzwe ariko, mu yandi masoko imirimo irakomeje, usanga hari abayakoreramo bagenda biguruntege mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda iki cyorezo, aho usanga guhana intera, kwambara udupfukamunwa neza ndetse no gukaraba intoki henshi bidakorwa uko bikwiye.
Bamwe mu bakorera mu masoko, iyo muvuganye wumva bafitiye ubwoba iki cyorezo, n’ubwo hari n’abandi ubona imigirire yabo igaragaza ko bagikerensa.
Mu rwego rwo kwirinda ko ahahurira abantu benshi ndetse hatangirwa serivisi z'ibigo bya Leta n'abikorera haba indiri y’icyorezo cya COVID19, hatangiye gukoreshwa ikoranabuhanga ryitezweho kuba ryakumira ikwirakwira ry’ubwandu.
Kuri uyu wa Kabiri, RBC yerekanye imashini yitwa IREMBO RY’ISUKU, yakozwe na kompanyi SMS Group, izashyirwa ahantu abantu binjirira bajya mu bigo binyuranye cyangwa bajya ahahurira abantu benshi.
Iyi mashini ifite aho bakarabira intoki, ipima umuriro, inareba ko umuntu yambaye neza agapfukamunwa. Utabyujuje ntizajya imwemerera kwinjira.
Abakoze iyi mashini bavuga ko bafite ubushobozi bwo gukora izihagije isoko ry’u Rwanda, aho ku ikubitiro bashobora gukora 5 ku munsi.
Mu minsi 5 ishize mu Rwanda, ubwandu bwa koronavirusi bwiyongereye mu buryo butari busanzwe, aho abanduye bamaze kugera kuri 377, biganjemo abakorera mu masoko yo mu Mujyi wa Kigali.
Imikorere y'iyi mashini: Reba iyi video.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru