Yanditswe Oct, 22 2018 21:48 PM | 11,042 Views
Abatuye munsi n'abegereye imiyoboro
migari y'amashanyarazi barifuza ko bahabwa ingurane z'ibikorwa byabo, bakabona
kujya gushaka ahandi batura. Ibyo barabitangaza mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe
amashanyarazi REG kimaze iminsi gitanga ubutumwa busaba abaturage kuvana
ibikorwa byabo ahegereye imiyoboro migari y'amashanyarazi.
Mu butumwa bwo kwamamaza ikigo REG kimaze iminsi
gitambutsa mu bitangazamakuru binyuranye humvikanamo gusaba abaturage kwigizayo
ibikorwa byabo kuri m 12,5 ku begereye imiyoboro migari(Haute tention na metero 6
kuri moyenne tention.
Abegereye iyo miyobozo bemera iterambere rishingiye ku muriro w'amashanyarazi, ariko bakaba basanga iki kibazo gikwiye kuganirwaho kugira ngo batazabihomberamo cyane ko bubatse basatiriye iyo miyoboro badasobanukiwe n’ingaruka zababayo.
Umuyobozi ushinzwe imiyoboro migari y’amashanyarazi mu kigo gishinzwe gutanga no gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda EUCL Pascal Mutesa, yemeza umuti w’iki kibazo waboneka binyuze mu biganiro hagati yimpande bireba
Nta barura rirakorwa ngo hamenyekane umubare w’abatuye munsi cyangwa abegereye imiyoboro migari y’amashanyarazi, ariko nk’uko ubuyobozi bwa EUCL bubitangaza, ngo abenshi bagiye batura bahasanga iyo miyoboro bakagenda bayisatira kugeza ubwo bayigiye munsi. Umuyoboro wa mugari wa Haute Tention ushobora kugira umuriro ungana kilovolte 110 naho uwa Moyenne tention ukagira kilovolte hagati ya 15 na 30 bitewe n’aho uherereye.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru