AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ikibazo cyo kubaka hafi cyangwa munsi y'ibikorwaremezo by'amashanyarazi

Yanditswe Oct, 22 2018 21:48 PM | 11,042 Views



Abatuye munsi n'abegereye imiyoboro migari y'amashanyarazi barifuza ko bahabwa ingurane z'ibikorwa byabo, bakabona kujya gushaka ahandi batura. Ibyo barabitangaza mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi REG kimaze iminsi gitanga ubutumwa busaba abaturage kuvana ibikorwa byabo ahegereye imiyoboro migari y'amashanyarazi.

Mu butumwa bwo kwamamaza ikigo REG kimaze iminsi gitambutsa mu bitangazamakuru binyuranye humvikanamo gusaba abaturage kwigizayo ibikorwa byabo kuri m 12,5 ku begereye imiyoboro migari(Haute tention na metero 6 kuri moyenne tention.

Abegereye iyo miyobozo bemera iterambere rishingiye ku muriro w'amashanyarazi, ariko bakaba basanga iki kibazo gikwiye kuganirwaho kugira ngo batazabihomberamo cyane ko bubatse basatiriye iyo miyoboro badasobanukiwe n’ingaruka zababayo.

Umuyobozi ushinzwe imiyoboro migari y’amashanyarazi mu kigo gishinzwe gutanga no gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda EUCL Pascal Mutesa, yemeza umuti w’iki kibazo waboneka binyuze mu biganiro hagati yimpande bireba

Nta barura rirakorwa ngo hamenyekane umubare w’abatuye munsi cyangwa abegereye imiyoboro migari y’amashanyarazi, ariko nk’uko ubuyobozi bwa EUCL bubitangaza, ngo abenshi bagiye batura bahasanga iyo miyoboro bakagenda bayisatira kugeza ubwo bayigiye munsi. Umuyoboro wa mugari wa Haute Tention ushobora kugira umuriro ungana kilovolte 110 naho uwa Moyenne tention ukagira kilovolte hagati ya 15 na 30 bitewe n’aho uherereye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama