AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Igihombo cya miliyoni hafi 300 ku mushoramari wapfushije toni zirenga 100 z’amafi

Yanditswe Jul, 03 2021 18:28 PM | 76,191 Views



Abororera amafi muri kareremba mu kiyaga cya Muhazi barataka igihombo baterwa no ubworozi bw’amafi.

Ibi biravugwa mu gihe rwiyemezamirimo Themistocles Munyangeyo yapfushije amafi afite agaciro ka miliyoni zisaga 270 kubera kubura umwuka.

Ubu bworozi bw’amafi bwa Munyangeyo Thémistocle akorera muri kareremba mu Kiyaga cya Muhazi,abakozi be bagaragaza ko tariki ya 25 Kamena bwatangiye guhura n’ikibazo cyo kubura umwuka bituma amafi ageze igihe cyo kurobwa angana n’ibihumbi 180 apfira rimwe.

Mu ijoro rya tariki ya 30 Kamena rushyira tariki ya 1 Nyakanga ni bwo aya mafi yatangiye kureremba yapfuye akurwamo ashyirwa ku nkombe z’ikiyanga kuko atemerewe kuribwa.

Ibi byabateye igihombo kuko ubworozi bw’amafi butishingirwa nk’uko bikorwa kuri amwe mu matungo nk’inka,ingurube n’inkoko.

Abororera amafi muri iki kiyaga cya Muhazi mu buryo bwa kareremba ndetse barorera hamwe na rwiyemezamirimo Munyangeyo na bo bafite impungenge z’uko iki kibazo cyo gupfusha amafi cyabageraho dore ko atari ubwa mbere.

Barasaba Leta ko yabashyiriraho ubwinshingizi ku mafi nk’uko bikorwa no ku yandi matungo.

Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi cyagaragaje ko gupfa kw’aya mafi byatewe no kubura umwuka kubera ko kareremba bororeramo ziba zegeranye.

Umuyobozi Mukuru wungirije muri RAB ushinzwe ubworozi, Dr Solange Uwituze avuga ko bari gushaka uburyo aborozi b’amafi bashyirwa muri serivise z’ubwishingizi bw’amatungo n’imyaka butangwa na Leta.

Ikiyaga cya Muhazi cyororerwamo n’aborozi b’amafi batandukanye. Ifi ibihumbi 180 ni zo zapfuye zikaba zifite uburemere bwa Toni 109.

Rwiyemezamirimo yari amaze kuzishoramo amafaranga asaga miliyoni 300 harimo ayo yarikuzazigurisha,ibiryo byazo no guhemba abakozi.

Kuri ubu aho zanitse zirimo gutunganwa ngo zikorwemo ibiryo by’ifi ntoya zasigaye.

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira