Yanditswe Jun, 03 2022 16:04 PM | 78,463 Views
Ni amasezerano akubiyemo ibijyane no guhererekanya abakurikiranyweho abanyabyaha ndetse no guhererekanya ibimenyetso byifashishwa mu butabera.
Minisitiri w'Ubutabera,
imyemerere no kurinda itegeko nshinga muri Mozambique, Helena Matheus Kida
yavuze ko gushyira umukono kuri aya masezerano ari ingenzi kuko azatuma nta
munyabyaha uzongera kwihisha mu bihugu byombi.
Yagize ati "Aya
masezerano arareba ibyaha byose byakorewe mu Rwanda kabone n'ubwo byaba
byarakozwe mbere y'uko asinywa. Ntabwo ari icyaha kimwe u Rwanda ruzakurikirana
kugira ngo abagikoze bakurikiranywe n'ubutabera bw'u Rwanda. Aya masezerano
kandi azatuma abanya Mozambique bagombye kuba bafunzwe bakaba bari mu Rwanda nabo bazanwa muri
Mozambique kugira ngo bakatirwe bafungwe. Ndatekereza rero ko ibi ari ingenzi
kuko turashaka kurwanya ibyaha."
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y'ubutabera ushinzwe kurinda itegeko nshinga n'andi mategeko, Solina Nyirahabimana avuga ko gusinyana amasezerano y'ubufatanye mu butabera n'igihugu cya Mozambique ari inyungu ku Rwanda, kuko azatuma abakoze ibyaha birimo n'ibya Jenoside yakorerewe abatutsi bashyikirizwa ubutabera bahanwe.
"U Rwanda rufite inyungu z'uko
ruzabasha gukurikirana abakoreye ibyaha ku butaka bw'u Rwanda bihishe muri
Mozambike. Ni ibyaha byose byaba ibya jenoside, byaba iby'ubukungu ndetse
n'ibindi, aya masezerano azadufasha gushaka ibimenyetso uhamwe n'icyaha
ashyikirizwe u Rwanda akurikiranywe n'inkiko z'u Rwanda."
U Rwanda na Mozambique kandi mu minsi ishize byashyize umukono ku masezerano y'ubufatanye ajyanye n'umutekano, Ubucuruzi n'ishoramari, ndetse n'ubutabera.
Mbabazi Dorothy
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru