AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Icyo abakandida batsinzwe bavuze ku byavuye mu matora y'umukuru w'igihugu

Yanditswe Aug, 05 2017 21:11 PM | 5,112 Views



Nyuma  yuko Komisiyo y' igihugu y' amatora itangaje by'agateganyo ibyavuye mu matora  ya Perezida wa Repubulika, umukandida wigenga Philippe Mpayimana ndetse n'umukandida watanzwe n'ishyaka riharanira Demokarasi Frank Habineza, baratangaza ko bemera ibyavuye mu matora y' umukuru w' igihugu.

Mu kiganiro  yagiranye n'abanyamakuru Frank Habineza  umukandida watanzwe n' ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yatangaje ko yemera ibyavuye mu matora y'umukuru w' igihugu yabaye ku itariki ya 3 n' iya 4 Kanama. Yagize ati, "Ibyatangajwe mu matora ntabwo byadushimishije nkuko twari tubyizeye, ariko kuberako twemera Demokarasi  kandi turi abademokrate, turifuza gufelicita, umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, wegukanye intsinzi kandi tumwifuriza ishya n'ihirwe . Ibyavuye mu matora, turabyemera ariko ntago tubyishimiye kuko atari byo twatekerezaga."

Mu kiganiro  n'abanyamakuru Frank Habineza  kandi wari kumwe n' abo bakorana mw' ishyaka  Green Party yashimiye abanyarwanda bose bamutoye, n'abagize uruhare bose kugirango amatora abe mu mutekano. Nyuma y'amatora y'umukuru w' igihugu, Ishyaka Green Party rirateganya kwiyamamaza mu matora y'abagize inteko ishingamategeko.

Frank Habineza yemejwe nk'umukandida w'ishyaka Green Party mu kwezi kwa 3 uyu mwaka. Iri shyaka rikaba rimaze imyaka 4 rikorera mu Rwanda. Ibi kandi biranatangazwa Philippe Mpayimana, yagize ati. "Biragaragara ko amatora  uyatsinze ari umuryango RPF na Nyakubahwa Paul Kagame. Ndamushimira cyane kandi ngashima amahitamo y' abanyarwanda. Ndashimira ubutegetsi bw'igihugu kuko baramfashije kugirango  kwiyamamaza kugende neza, inzego z'umutekano zaradufashije ku buryo bigaragara rwose ko igihugu cyacu gitekanye, ndetse n' uburyo amatora yateguwe, birimo ubunyamwuga, mbese byagenze neza."

Umukandida wigenga Philippe Mpayimana kandi avuga ko abanyarwanda hirya no hino mu gihugu, batanze ibitekerezo kandi bagatanga amahitamo yabo. Akaba ashimira abamufashije mu gihe cyo kwiyamamaza no mu gihe cy'amatora.

Mpayimana niwe mukandida wigenga witabiriye amatora y'umukuru w'igihugu yabaye muri uyu mwaka wa 2017.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize