AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Iburasirazuba: Barishimira ko ubworozi bwateye imbere mu myaka 25 ishize

Yanditswe Jul, 16 2019 18:37 PM | 9,152 Views



Abaturage mu Ntara y’Iburasirazuba barishimira ko ubworozi bw’inka buhakorerwa bwavuguruwe bukarushaho kubabyarira inyungu, bitandukanye no hambere aho babonaga umusaruro muke utarashoboraga kubateza imbere.

Mu Karere ka Nyagatare kimwe no mu Ntara y’Iburasirazuba muri rusange higanje ubworozi bw’inka. Mu myaka 25 ishize ubu bworozi bwagiye burushaho gutera imbere.

Kuva mu mwaka wa 2008 aborozi mu Karere ka Nyagatare bafite uruganda rutunganya amata. Ni uruganda bishimira kuko bavuga ko rwahinduye byinshi mu bworozi bwabo, usibye kugemurira uruganda bakabona amafaranga bemeza ko byanatumye bavugurura ubworozi bakoraga mbere

Karani Jean Damascene ni umworozi wo mu karere ka Nyagatare avuga ko mu myaka 25 ishize Leta yabafashije ku buryo umukamo wabo wabagiriye akamaro.

Yagize ati “Kera bakamaga banywa ariko ubu hari amajyambere yandi, dufite ubuyobozi bwiza butubwiriza budufasha, Leta iduha aho dutwara amata ikadushakira amasoko, bakaduha igiciro cyiza cyera ntago byabagaho.umuntu yaragiraga ku gasozi akanywa amata ye ntagurishe.”

Ibi bishimangorwa na mugenzi we witwa Muhirwa Jean d’Amour, ugira uti “Kera inka warakamaga ukabona litiro 3 yaba ari nk’igitangaza ukabona litiro 4 ariko ubungubu inka y’inzungu wagaburiye iguha umusaruro ushimishije,ubu ukama utwara ku ruganda, ukwezi kwashira ukabonera amafaranga icyarimwe.”

Ubusanzwe mu Rwanda ubworozi bwakomwaga mu nkokora n’ibihe by’izuba bitewe no kubura ubwatsi bw’amatungo. Hirya no hino mu Ntara y’Iburasirazuba ariko ntibagikangwa n’impeshyi kuko bigishijwe guhunika ubwatsi bubagoboka mu bihe by’izuba bigatuma umusaruro ukomeza kwiyongera.


Ubuyobozi bw’intara buvuga ko uko umusaruro w’ubworozi wiyongera ari na ko hatekerezwa uko wabyazwa inyungu kurushaho

Mufurukye Fred, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yagize ati “Turateganya ko twagira uruganda rw’amata y’ifu ibyo biri muri gahunda,turateganya uruganda rw’inyama mu karere ka Nyagatare,hari uruganda dufite mu karere ka Bugesera ariko turateganya ko rugomba kwaguka,mu karere ka Bugesera muri Gako ubungubu naho harimo ubworozi bwa kijyambere bukomeje kuzamuka kuburyo duteganya ko mu minsi ya vuba tuzaba twatangiye no kohereza inyama mu bihugu byo hanze.”

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba habarirwa inzuri zigera ku bihumbi 10, iyi ntara ikaba iniharira 40% by’inka zose ziri mu Rwanda. Kuvugurura ubworozi, kubuteza imbere no kongerera agaciro umusaruro wabwo byarushaho guteza imbere abaturage mu Burasirazuba bw’u Rwanda ariko na none bikazamura ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Jean Damascene MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira