Yanditswe Mar, 24 2023 17:41 PM | 55,102 Views
Ibaruwa yanditswe na Paul Rusesabagina, igaragara ko yanditswe tariki 14 Ukwakira 2022.
Mu gutangira, Paul Rusesabagina agira ati "Nyakubahwa, Mbandikiye nicishije bugufi nsaba imbabazi ngo bityo, nzashobore gusanga umuryango wanjye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Hari impamvu nyinshi nshingiraho ubu busabe, iz’ingenzi zikaba ari izabukuru ngezemo ndetse n’indwara zidakira mfite nzabana nazo ubuzima bwose."
"Ndifuza kwicuza ibikorwa by’ihohohotera byakozwe na FLN bishingiye ku kazi nakoranye na MRCD. Mbere na mbere, byumvikane neza, ntabwo nihanganira ihohotera. Nta na rimwe ihohotera rigomba kwemerwa, n’igihe rikoreshejwe mu nyungu za politiki."
"Ihohotera nk’igikoresho cya politiki si iryo kwihanganira cyane iyo rikoreshejwe mu guhohotera abasivili. Sinemera ihohotera iryo ariryo ryose rikorewe abasivili, ryaba rikozwe na FLN cyangwa undi mutwe uwo ariwo wose, nzakomeza kuryamagana ku mugaragaro. Kubura ubuzima n’iyo bwaba ubw’umuntu umwe, buri gihe bitera intimba itagira ukwo ingana."
"Nk’uwahoze ayobora MRCD, ndicuza kuba ntaritaye bihagije ku kuba abagize ihuririro rya MRCD barangwa n’imyumvire nk’iyanjye nkomeyeho kandi nashyize imbere igihe cyose, itihanganira ihohotera. Mbabajwe cyane n’ibikorwa FLN yakoreye abahohotewe n’imiryango yabo, bikabatera agahinda gakomeye."
Rusesabagina yanditse kandi avuga ko aramutse ahawe imbabazi, nta yindi migambi iyo ari yo yose azongera kugaragaramo irebana na politike y'u Rwanda.
Agira ati "Ndamutse mpawe imbabazi nkafungurwa, ndabyumva ko nzamara ubuzima bwanjye busigaye ntuje kandi ntuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Binyuze muri iyi baruwa, mbemereye ko nta yindi migambi iyo ari yo yose cyangwa iya politique mfite. Ibibazo birebana na politiki y’u Rwanda nzatandukana nabyo ubudasubira."
"Mu bihe bizaza, nzi ko muzibanda ku kizatuma ahazaza h’Abanyarwanda bose hazaba hatekanye. Nizeye ko Abanyarwanda bazabasha gukemura ibyo batumvikanaho mu gihugu cyabo mu buryo buciye mu mahoro cyangwa inzira z’ibiganiro."
"Ndizera kandi ko ugufungurwa kwanjye kuzagira uruhare n’ubwo rwaba ari ruto mu kugera kuri ibi byifizo. Ni yo mpamvu, Nyakubahwa, mbasabye kumpa imbabazi nshingiye ku mpamvu z’ibibazo by’ubuzima bwanjye kugira ngo nsange umuryango wanjye mbane nawo nk’umubyeyi n’abana n’abuzukuru be, mu gihe mukomeje gukora ibishoboka byose ngo Abanyarwanda bagire icyizere cy’imbere heza hazaza."
Muri Nzeri 2021 nibwo Urukiko rwakatiye Paul Rusesabagina gufungwa imyaka 25 kuko rwasanze hari bimwe mu byaha byamuhamaga bijyanye n’ibikorwa by’iterabwoba yari akurikiranweho.
James Habimana
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru