AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ibikorwa bitandukanye bikorerwa mu bishanga byatangiye guhagarikwa na REMA

Yanditswe Sep, 13 2017 17:28 PM | 3,693 Views



Inzego zitandukanye kuri uyu wa gatatu zatangiye igikorwa cyo guhagarika burundu imirimo yakorerwaga mu gishanga no gusaba bene byo gushaka aho bimurira ibikorwa byabo. Ibi bigamije kubungabunga ibishanga nk'uko ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA bubivuga.

Ibikorwa byafunzwe ni ububiko bw'ibikoresho by'ubwubatsi, amagaraji, inganda zisya ibinyampeke, urusengero n'ibindi. Inzego zitabiriye iki gikorwa harimo Ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu, iy'ibidukikije, ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije, REMA, umujyi wa Kigali, ingabo na polisi n'izindi.

Mbere yo kugira uwo bafungira ibikorwa babanzaga kumuganiriza, kugira ngo yumve iyi gahunda. Gusa hari bamwe bagaragaje ko bari bagikeneye umwanya wo kwitegura kwimuka: 

Gaspard Nsimiyimana, ukuriye uruganda Shekina Super yagize ati, "Kudufungira ntabwo tuba tubyanze kuko ni gahunda iba yarateguwe n'igihugu kandi ari ngombwa. Ikibazo kiba kirimo ni uko baba badutunguye kandi twarashoyemo amafaranga ya banki, kandi iyo badutunguye bakadufungira ibintu bipfiramo igihombo kigatangira kuza. Icyifuzo numva nkatwe tuba dukodesha aha twahabwa igihe tukamaramo ibintu dufite mu bubiko.''

Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA, Eng. Coletha Ruhamya, avuga ko mu guhagarika ibikorwa bitemewe n'amategeko birimo gukoranwa ubushishozi. Ati, ''Ibi ni ukugira ngo dutange ubutumwa, abantu bamenye ko ibyo tuvuga atari umukino, kubaka mu bishanga gukora ibikorwa bitemewe mu bishanga ntabwo byemewe kandi nta muntu uri hejuru y'amategeko. Abafite ibikorwa byose nta byangombwa barafungirwa, ubwo nyuma y'aho bazatubwira uburyo bwo kubikuraho, nibatabikora, ubwo Leta izashaka uburyo bwo kubikuraho. Abafite ibyangombwa nabo bazavamo, ariko tugomba guhana gahunda y'uko bazimurwa, niba ari ingurane ikazashakwa, ariko abo dufitanye ibibazo ni abagiyemo nta byangombwa cyangwa bakaba barihaye igishanga uko babyumva.''

Nta gihe ntarengwa ikigo REMA gitanga cyo kuba iyi gahunda yo kwimura abakorera mu gishanga yaba yarangiye. Gusa hazabanza abo bigaragara ko ibikorwa byabo byangiza ibishanga kandi nta n'ibyangombwa bahawe, nyuma hazarebwe ukuntu n'abandi bakwimurwa.

Gahunda yo kwimura abafite ibikorwa bitemewe mu bishanga, igamije kubungabunga ibidukikije no gushyira mu ngiro igishushanyo mbonera cy'umujyi wa Kigali, ariko ikazanakomereza hirya no hino mu gihugu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira