Yanditswe Sep, 13 2017 17:28 PM | 3,693 Views
Inzego zitandukanye kuri
uyu wa gatatu zatangiye igikorwa cyo guhagarika burundu imirimo yakorerwaga mu
gishanga no gusaba bene byo gushaka aho bimurira ibikorwa byabo. Ibi bigamije
kubungabunga ibishanga nk'uko ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu gishinzwe
kubungabunga ibidukikije REMA bubivuga.
Ibikorwa byafunzwe ni
ububiko bw'ibikoresho by'ubwubatsi, amagaraji, inganda zisya ibinyampeke,
urusengero n'ibindi. Inzego zitabiriye iki gikorwa harimo Ministeri y'ubutegetsi
bw'igihugu, iy'ibidukikije, ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije, REMA,
umujyi wa Kigali, ingabo na polisi n'izindi.
Mbere yo kugira uwo bafungira ibikorwa babanzaga kumuganiriza, kugira ngo yumve iyi gahunda. Gusa hari bamwe bagaragaje ko bari bagikeneye umwanya wo kwitegura kwimuka:
Gaspard Nsimiyimana, ukuriye uruganda Shekina Super yagize ati, "Kudufungira ntabwo tuba tubyanze kuko ni gahunda iba yarateguwe n'igihugu kandi ari ngombwa. Ikibazo kiba kirimo ni uko baba badutunguye kandi twarashoyemo amafaranga ya banki, kandi iyo badutunguye bakadufungira ibintu bipfiramo igihombo kigatangira kuza. Icyifuzo numva nkatwe tuba dukodesha aha twahabwa igihe tukamaramo ibintu dufite mu bubiko.''
Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA, Eng. Coletha Ruhamya, avuga ko mu guhagarika ibikorwa bitemewe n'amategeko birimo gukoranwa ubushishozi. Ati, ''Ibi ni ukugira ngo dutange ubutumwa, abantu bamenye ko ibyo tuvuga atari umukino, kubaka mu bishanga gukora ibikorwa bitemewe mu bishanga ntabwo byemewe kandi nta muntu uri hejuru y'amategeko. Abafite ibikorwa byose nta byangombwa barafungirwa, ubwo nyuma y'aho bazatubwira uburyo bwo kubikuraho, nibatabikora, ubwo Leta izashaka uburyo bwo kubikuraho. Abafite ibyangombwa nabo bazavamo, ariko tugomba guhana gahunda y'uko bazimurwa, niba ari ingurane ikazashakwa, ariko abo dufitanye ibibazo ni abagiyemo nta byangombwa cyangwa bakaba barihaye igishanga uko babyumva.''
Nta gihe ntarengwa ikigo REMA gitanga cyo kuba iyi gahunda yo kwimura abakorera mu gishanga yaba yarangiye. Gusa hazabanza abo bigaragara ko ibikorwa byabo byangiza ibishanga kandi nta n'ibyangombwa bahawe, nyuma hazarebwe ukuntu n'abandi bakwimurwa.
Gahunda yo kwimura abafite ibikorwa bitemewe mu bishanga, igamije kubungabunga ibidukikije no gushyira mu ngiro igishushanyo mbonera cy'umujyi wa Kigali, ariko ikazanakomereza hirya no hino mu gihugu.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru