Yanditswe Mar, 13 2023 15:56 PM | 49,274 Views
Kuri uyu wa Mbere,
u Rwanda rwakiriye ibikoresho bizakoreshwa mu kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti
biturutse mu Budage.
Mu masaha y’igicamunsi ni bwo icyiciro cya mbere cy'imashini z'urwo ruganda zubakiye muri kontineri nini zizwi nka BionTainers cyageze Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.
Ni kontineri za rutura 6 zazanywe n'indege yo mu bwoko bwa Antonov iri mu nini zitwara imizigo ku Isi.
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko izi ari inzozi zigiye kuba impamo.
Minisitiri Nsanzimana ashimangira kandi ko n'inzego z'uburezi n'ubushakashatsi zizungukira kuri uru ruganda.
U Rwanda rubimburiye ibihugu birimo Senegal na Afurika y’Epfo na byo bifitanye amasezerano na BionTech yo kubaka inganda z'inkingo n'imiti muri ibyo bihugu.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri BionTech Dr. Sierk Poetting avuga ko u Rwanda ari rwo rwatoranyijwe ngo rube icyitegererezo muri uyu mushinga mugari ugamije gufasha Afurika kwikorera inkingo n'imiti.
Uru ruganda ruzakorera mu cyanya cy'inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali, rukaba ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora doze z'inkingo zisaga miliyoni 50 ku mwaka.
Ruzakora inkingo zirimo iza COVID19, iza kanseri n'iza malariya ndetse na SIDA zigeze ku musozo w'igerageza.
Biteganyijwe ko icyiciro cy'ibindi bikoresho bigize uruganda birimo izindi BionTainers 6 bizagera mu Rwanda mu mezi make ari imbere ku buryo inkingo za mbere zizakorwa n'uru ruganda zizajya ku isoko mbere y'uko uyu mwaka urangira.
Ni umushinga munini wa miliyari zibarirwa mu 100 z'amafaranga y'u Rwanda.
Kugeza ubu Abanyarwanda 9 ni bo bazakora muri uru ruganda ariko muri 2024 bakazagera ku 100 nyuma yo kwigira ku nzobere zo muri BionTech.
Divin UWAYO
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru