AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ibigo by’imari byasabwe kwirinda ruswa ibigaragaramo

Yanditswe Dec, 06 2022 19:31 PM | 183,787 Views



Ibigo by’imari mu Rwanda byasabwe kuziba icyuho cy’ahakigaragara ruswa kugira ngo serivisi bitanga zirusheho kunogera ababigana. 

Byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo yabereye i Kigali yiga ku ngamba zo gukumira no kurwanya ruswa muri serivisi z’imari

Ubushakashatsi butandukanye kuri ruswa bwagiye bugaragaza ko ikigaragara muri serivisi z’imari zitandukanye.

Nk’ubwakozwe n’Urwego rw’Umuvunyi muri 2020, bwagaragaje ko amabanki akigaragaramo ruswa hakaba n’amadosiye y’abakozi b’ibigo by’imari bagiye bakatirwa kubera ibyaha byo kunyereza umutungo bagera kuri 124 mu myaka itanu, kuva muri 2014-2018. Banyereje arenga miliyari 1,2.

Na ho ubushakashatsi bw'Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n'akarengane, Transparency International Rwanda, miterere ya ruswa ishingiye ku gitsina, bwagaragaje ko  abikorera bari  ku mwanya wa mbere w’ahantu harangwa ruswa ishingiye ku gitsina aho iri ku kigero cya 57,20%, mu bikorera ni ho ibigo by’imari bitandukanye bibarizwa.

Ingabire Marie Immaculee umuyobozi w'uyu muryango asaba ababishinzwe  guhangana n’ibi byaha bikigaragara.

Nsabimana Gerald umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurengera umuguzi serivisi z'imari muri BNR,  avuga ko  gahunda yashyizweho igiye gukurikizwa hitawe ku mukiriya ariko na none hirindwa ibyo byuho bishobora guturukamo ruswa 

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine  asanga serivisi z’imari ari inkingi ya mwamba mu bukungu no mu iterambere ry’Igihugu n’ubw’abantu ku giti cyabo, iyo zitanzwe mu mucyo nta karengane na ruswa.

Yakanguriye abakora mu bigo by’imari gutanga serivisi nziza, kwirinda ruswa no guhangana n’ikibazo cy’imikorere idahwitse ikigaragara hamwe na hamwe.

U Rwanda rwashyizeho ingamba zitandukanye zigamije gukumira no kurwanya ruswa.

Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi ihera muri 2017 kugera 2024 iteganya ko muri 2024, ikigero cyo kurwanya ruswa kizava kuri 86,56% kikagera kuri 92,56% muri 2024, mu gihe muri 2050 u Rwanda rugomba kuzaba ruri mu bihugu bya mbere ku isi mu kurwanya ruswa.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira