AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ibendera ry'Umuryango Commonwealth ryazamuwe i Kigali

Yanditswe Mar, 09 2020 09:48 AM | 7,810 Views



Kuri uyu wa Mbere u Rwanda rurizihiza umunsi ngarukamwaka w'umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza rubereye umunyamuryango, umunsi uzwi ku izina rya Commonwealth day. Ni umunsi wizihizwa buri mwaka mu bihugu 54 byose bihuriye muri uyu muryango.

Mu rwego rwo kuwizihiza, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ibendera ry'uyu muryango rikaba ryazamuwe kuri Kigali Convention Centre, inyubako biteganyijwe ko ari nayo izaberamo inama y'abakuru b'ibihugu n'aba za guverinoma bihuriye muri uyu muryango, inama izwi nka CHOGM iteganyijwe kuba mu kwezi kwa 6 uyu mwaka.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere kandi, hateganyijwe umuhango wo kwizihiza uyu munsi, ukaza kwitabirwa na bamwe mu bagize guverinoma, ambasaderi w'Ubwongereza mu Rwanda n'abandi ba diplomates biganjemo abo mu bihugu binyamuryango.

Ibirori byo kwizihiza uyu ku rwego rwa Commonwealth birabera mu murwa mukuru w'igihugu cy'Ubwongereza London, ibirori byitabirwa n'umuyobozi w'uyu muryango akaba n'umwamikazi w'Ubwongereza Elizabeth II.

Umunsi wa Commonwealth ni ngarukamwaka, ukaba wizihizwa ku isi hose. Uyu munsi wizihizwa binyuze mu myiyereko ya gisirikare, amasengesho, imbyino n’ibindi. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ivuga ku guharanira kugera ku ntego rusange. (Delivering a Common future)

Tariki 20 Mata 2018 ni bwo byemejwe ko u Rwanda ruzakira iyo nama izwi nka CHOGM, iba buri myaka ibiri igahuza abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth). Iheruka yakiriwe n’u Bwongereza ari na bwo buyoboye uwo muryango ubu.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira