Yanditswe Mar, 14 2023 14:18 PM | 50,217 Views
Kuri uyuwa Kabiri, Umunyamabanga w'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku Isi FIFA, Madamu Fatma Samoura, Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Gaspard Twagirayezu, Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru FERWAFA, Olivier Nizeyimana, n'abandi bayobozi, bafunguye kumugaragaro gahunda ya FIFA ya Siporo mu mashuri igamije guteza umupira w'amaguru. Ni igikorwa cyabereye muri IPRC Kigali.
Iki ni kimwe mu bikorwa bya FIFA bibanziriza Inteko rusange yayo ya 73 izabera mu Rwanda, muri BK Arena tariki 16 Werurwe 2023.
Iyi nteko rusange kandi izatangarizwamo umuyobozi mushya wa FIFA ku isi, umwanya uriho umukandida umwe rukumbi Gianni Infantino ari nawe usanzwe uyobora iyi mpuzamashyirahamwe, umwanya yagiyeho mu kwezi kwa Kabiri mu mwaka wa 2016.
Ni inteko rusange yabanjirijwe n'ibikorwa bitandukanye bya FIFA mu gihugu byatangiye tariki ya 13 Werurwe bikazasozwa tariki 16 Werurwe, birimo n'iki gikorwa cyo gutangiza gahunda ya Siporo mu mashuri.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru