Yanditswe May, 30 2019 10:37 AM | 25,811 Views
Mu mishinga minini
n’ibikorwa bizitabwaho mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 ndetse n’imibare
y’ikigereranyo cy’ingengo y’imari y’igihe giciriritse cy’imyaka 3, nk’uko
byasesenguwe mu nyandiko ikubiyemo ibitekerezo by’abadepite n’iby’inzego
zinyuranye, hagaragaramo gukomeza kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya
Bugesera, Kongerera ubushobozi Banki y’amajyambere y’u Rwanda, BRD, kuziba icyuho
cyagaragaye mu ngengo y’imari, kwishyura ibirarane n’ibindi.
Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y'imari isanzwe azagera kuri miliyari 1.424,5 bingana na 49.5% y'ingengo y'imari yose ya Leta, naho azakoreshwa mu ngengo y'imari y'iterambere azagera kuri miliyari 1,152.1.
Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu Dr Munyaneza Omar mu bisobanuro yahaye inteko rusange y'abadepite, yagize ati "Harimo imishinga y'ingenzi nko kubaka ikibuga mpuzamahanga cy'indege cya Bugesera, kwagura ibikorwa bya Rwandair, kongerera ubushobozi BRD n'ibindi. Ayo mafaranga azagera kuri miliyari 244.1 bingana na 8.5% by'ingengo y'imari yose ya Leta. Amafaranga yo kwishyura ibirarane angana na miliyari 30.6. Icyuho muri rusange kingana na miliyari 618.7, mu kuziba icyo cyuho, Leta ikaba izafata inguzanyo zo hanze zingana na miliyari 456.5, ifate inguzanyo z'imbere mu gihugu zingana na miliyari 145.3 hamwe na miliyari 16.9 z'ubwizigame bw'igihugu.''
Perezida w’umutwe w’abadepite Hon. Donatille Mukabalisa ashima akazi kakozwe n’abateguye iyi nyandiko yashyikirijwe inteko rusange. Yagize ati "Komisiyo y'ingengo y'imari n'umutungo by'igihugu, yakoze akazi gakomeye kandi kanoze ko kwegeranya ibitekerezo byose, inyandiko yari iteguye neza. Mbashimiye nshingiye ku bwitange n'umurava byaranze abagize iyi komisiyo n'abakozi babafashije.''
Iyi nyandiko ikubiyemo ibitekerezo ku mbanzirizamushinga w’ingengo y’imari y'umwaka utaha wa 2019/2020 n’iy’igihe giciriritse yemejwe n’inteko rusange ku bwiganze busesuye ikaba izashyikirizwa guverinoma mbere y’uko itorwa igahinduka itegeko.
Inkuru ya Bicamumpaka John
Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga kwitwararika muri ‘Weekend’ ndende
1 hour
Soma inkuru
Umujyi wa Musanze n’uwa Jinhua wo mu Bushinwa byinjiye mu bufatanye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru