AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

IKUZWE ALINE YAGIZWE IMFUBYI NA JENOSIDE AKIRI URUHINJA, UBU ARIGA MASTERS

Yanditswe Apr, 15 2019 06:39 AM | 3,785 Views



Ikuzwe Aline yagizwe imfubyi na jenoside akiri uruhinja, ariko ubu yaje gukura ariga ndetse ubu ari mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza/Masters.

Ubwo jenoside yakorewe abatutsi yabaga, Ikuzwe Aline yari afite hafi umwaka 1 w’amavuko, ari na bwo ababyeyi be RWIKANGURA Jean Marie Vianney na Margarita Mukandaraga bombi bishwe.

Yabanje kurerwa na nyirakuru ubyara nyina, aza kwitaba Imana akomeza kurerwa na nyirasenge.

Agira ati ''Iyo ukiri umwana ntabwo ubitindaho cyane, biraza nyine bikabubabaza gatoye. Njyewe simfite umuntu nita mama nita papa, ariko wareba ubundi buzima ubayeho ukomeza imbere ntubitindaho cyane.''

Ku Kimironko, mu nzu arimo magingo aya abanamo na mubyara we Jannethe Mukeshimana. Ni inzu bubakiwe na Leta y’u Rwanda.

Ikuzwe Aline Yemeza ko yatojwe ubupfura no kwanga umugayo abikesha abandi barokotse jenoside, bamusabaga iteka guharanira kuba intwari.

Agira ati ''Mu rugo bakomeje batubwira ko icy'ingenzi ari ukwiga kugira ngo tuzatere imbere, tuzaheshe ishema ababyeyi bacu. Nabo icyo bashyiraga imbere yari isomo. Ni ukwiga ibindi byose bikaza inyuma ariko ibindi byose bagiye babiduha nanjye ni byo bampaye. Ndiga ndangiza segonderi, nkomeza no muri kaminuza, nayirangije umwaka ushize, ubu ngubu nkaba narakomeje muri Masters uyu mwaka.''

Mu nzozi ze Ikuzwe Aline yifuza kuzahora ari urugero rwiza mu bazamukomokaho no mu muryango nyarwanda muri rusange.

Ati ''Mu gihe mbashije kubona akazi, nkifasha mu buryo bwo kubaho, bikazaha n’umurage mwiza abazankomokaho, bakamenya amateka yaranze u Rwanda, bakandeberaho bakabona yuko nubwo habayeho ayo mateka nta mpamvu yo gucika intege mu kugira ngo ugere ku ntego yawe.''

Mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi ababyeyi ba Aline Ikuzwe bari batuye mu Gatenga i Kigali, ari we mwana w’imfura mu muryango wabo.


 Ni inkuru ya John Gakuba




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage