Yanditswe Aug, 07 2021 20:00 PM | 33,758 Views
Umuryango uharanira inyungu z'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda Ibuka uramagana abakomeje kuvuga ko jenoside yakorewe abatutsi ariko bagamije kujijisha no kugoreka amateka yayo.
Uyu muryango usaba abarokotse kudatega amatwi abo bose bagamije kubayobya bigamije indonke
Mukandemezo Esperance yapfakajwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda kuri ubu atuye mu mudugudu witiriwe Nelson Mandela mu Karere ka Bugesera. Avuga ko Jenoside ikirangira we n'abana be batagiraga aho bakinga umusaya.
Icyakora ngo nyuma y'igihe gito Jenoside yakorewe abatutsi ihagaritswe Mukandemezo yaje kubakirwa inzu n'Ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi natishoboye (FARG).
Uku kandi ni na ko byagenze kuri Nyiramisiyoni Beatrice umaranye imyaka ibiri uburwayi bw'amagufwa butuma anywa imiti ihenze cyane abifashijwemo na FARG.
Aba babyeyi bombi bavuga ko iyo hataba FARG ubuzima bwabo n'ubw'abana babo bwari kuba bubi.
N'ubwo bimeze bityo ariko, hari abakomeje kumvikana barimo nabavuga ko barokotse Jenocide yakorewe abatutsi baba hanze y'u Rwanda badahwema kugaragaza ko abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bari mu Rwanda batitabwaho uko bikwiye. Iyi ngo ari na yo yabaye intandaro y'ishingwa ry'icyiswe ishyirahamwe Igicumbi rivuga ko rigamije kuba ijwi ry'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi .
Mu itangazo washyize ahagaragara, umuryango Ibuka ndetse n'indi miryango iwushamikiyeho, wahamagariye abarokotse Jenoside kugendera kure icyiswe ishyirahamwe Igicumbi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naphtal avugo ko abagize iri shyirahamwe ari indashima ari na yo mpamvu nta warokotse Jenoside wagombye kubatega amatwi
Kuba bamwe mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi ari na bo bagaragara mu bikorwa biyipfobya. Umushakatsi akaba n'umusesenguzi kuri Jenoside Tom Ndahiro asanga ngo ari ubugwingire bwo mu bitekerezo by'abagize iri shyirahamwe.
Ibuka ivuga ko itazahwema kwamagana uwo ari we wese washaka guhembera ingengabitekerezo, ihakana ndetse n'ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda hagamijwe ko itazongera ukundi.
Dorothy Mbabazi
AMAJYEPFO: Bahangayikishijwe n'indwara y'ubuganga yibasiye inka
Apr 06, 2022
Soma inkuru
Intara y'Amajyepfo ku isonga mu kurwanya igwingira mu bana
Jan 04, 2022
Soma inkuru