AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

I Kibeho, abakristu bizihije imyaka 39 ishize habaye amabonekerwa

Yanditswe Nov, 28 2020 21:06 PM | 101,731 Views



Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 39 y’amabonekerwa ya Bikira Mariya, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 ugushyingo 2020 i Kibeho mu karere ka Nyaruguru, abakristu gatolika baravuga ko uyu munsi ubafasha kongera kwikebuka bakareba aho bagiye kure y’ubutumwa bahawe n’umubyeyi Bikiramariya bwo gusenga, kubabarirana no kubana neza n’abandi, bityo bakongera kwiyeza mu mutima yabo bakarushaho gukomeza kwegerana na Bikira Mariya ndetse n’Imana.

Ubusanzwe mu kwizihiza umunsi nk’uyu wasangaga abakristu baturutse imihanda yose bakubise bakuzura imbuga y’ingoro ya Bikira Mariya yubatse i Kibeho mu karere ka Nyaruguru. 

Gusa kuri iyi nshuro abakristu baje kwizihiza iyi sabukuru y'amabonekerwa ya Bikira Mariya si benshi kuko hari umubare ntarengwa w’abakristu bicara mu ngoro ya Bikira Mariya imbere batagomaba kurenza bitewe no kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid19.

Ababashije kwitabira kuri iyi nshuro bavuga ko n’ubwo batabaye benshi nk’uko byari bisanzwe bitababuza gushyira imitima yabo imbere y’umubyeyi Bikira Mariya bakibuka ubutumwa yabahaye bityo bakongera kwisuzuma aho bateshutse, bikabafasha kurushaho kwegerana na Mariya ndetse n’Imana.

Umushumba wa Dioseze ya Gikongoro Mgr Celestin Hakizimana avuga ko muri ibi bihe gusenga bingomba kujyana no guhuza imyumvire ubukiristu bukajyana no kwirinda kwanduzanya icyorezo cya Covid19.

Amabonekerwa ya mbere i Kibeho yabaye mu mwaka wa 1981. Mu bihe bisanzwe aha i hajyaga hateranira abakristu basaga ibihumbi 40, ariko muri uyu mwaka ntibarenga 1000 bitewe no kwirinda ubucucike, hagamijwe kurwanya icyorezo cya covid19.


Jean Pierre Ndagijimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura