Yanditswe Mar, 30 2019 11:43 AM | 4,707 Views
Umuhanda wa Kaburimbo Huye-Kibeho-Munini-Ngoma watangiye kubakwa ku mugaragaro.
Abaturage bawuturiye; by'umwihariko abatuye mu Karere ka Nyaruguru n’igice gito cya Huye ahazanyuzwa umuhanda bavuga ko kuba noneho ibikorwa byo kubaka uyu muhanda byatangiye ku mugaragaro bigiye guhindura imibereho yabo mu buryo butandukanye harimo kubona akazi, koroshya imigenderanire. Uyu muhanda werekeza Kibeho ku butaka butagatifu, bizafasha abaturage kugeza umusaruro w’ibyo bejeje ku isoko bitabagoye cyane ko aka karere keramo icyayi n’ibirayi.
Uyu muhanda Huye-Kibeho-Munini-Ngoma, kuba ugana i Kibeho ku butaka butagatifu, bizongera urujya n'uruza rw'abahagana kuko hakunze kuganwa n’abantu benshi barimo
n’abanyamahanga, ariko ubu bakaba bahageraga bibagoye cyangwa bibasabye
kuzenguruka.
Rwagasana Filimin atuye mu gice cy’aho uyu muhanda unyura mu karere ka Huye naho Twizerimana J.M.V ni umurezi mu Karere ka Nyaruguru. Bavuga ko uyu muhanda watezaga ibibazo ku bawukoresha birimo kutabona uko bageza umusaruro ku isoko no kubangamira imigenderanire.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru Habitegeko Francois,
avuga ko uyu muhanda ugiye guhindura byinshi mu bukungu bw’abaturage n’Akarere
muri rusange, kuko ikorwa ryawo rizatanga akazi ku baturage kandi n’ishoramari
rikiyongera muri aka Karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ibikorwa remezo
Uwihanganye Jean de Dieu, avuga ko kuba uyu muhanda wari waratinze gutangira
gukorwa, byatewe n’uko hari amafaranga amwe yari ataraboneka kandi ko byari
ngombwa ko babanza kwishyura abaturage bafite ibikorwa hafi y’uyu muhanda amafaranga
y’ingurane.
Abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bari baremerewe uyu muhanda wa kaburimbo n’umukuru w’igihugu mu mwaka wa 2013.
Umuhanda Huye-Kibeho-Munini-Ngoma ureshya na KM 66. Uzuzura
utwaye amafaranga y’u Rwanda angana na
Miliyari 70. Uzakorwa mu gihe kingana n’amezi 30.
Inkuru ya Jean Pierre Ndagijimana
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
54 minutes
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
58 minutes
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru