Yanditswe Sep, 04 2019 10:12 AM | 18,073 Views
Abakora mu bigo bishinzwe amatora muri Afurika baratangaza ko inzego zishinzwe amatora zigomba guhabwa ubushobozi, kugira ngo zitegura kandi ziyobore amatora anyuze mu mucyo. Ibi ngo bizafasha abaturage kugira icyizere mu matora, bityo demukarasi n'imiyoborere myiza bitere imbere.
Umuryango w'Afurika yunze ubumwe ugaragaza ko buri
mwaka muri Afurika, amatora aba byibuze inshuro 15, ariko 5 muri yo usanga arimo
ibibazo binyuranye, bishobora no kubyara imvururu no gushyamirana hagati
y'abayoboke b'abakandida banyuranye.
Mu nama y'iminsi 2 iteraniye i Kigali y'ibigo bishinzwe ibijyanye n'amatora n'imiyoborere muri turere dutandukanye tw'Afurika, abayitabiriye bararebera hamwe uburyo bwo gukemura ibyo bibazo.
Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora Prof Kalisa Mbanda avuga ko amatora iyo adakozwe neza abaturage batibona mu buyobozi.
Yagize ati "Muri rusange hakwiye kuba ubuyobozi buboneye abaturage. Iyo abaturage bibona mu buyobozi, urababwira bakakumva, bakakugirira ikizere, mugafatanya mu byo mwifuza gukora. Mu matora rero ni ikintu gikomeye, iyo abaturage batagufitiye icyizere cyangwa se nawe ntukora amatora ku buryo bibonamo, ngo avemo ibyiza yakozwe neza, batangira kugenda bayahunga, umubare w'amatora ukagenda ugabanuka, mu bihugu byinshi birahari ubu ngubu."
Dr Khabele Matlosa, Umuyobozi ushinzwe politiki muri komisiyo y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe, avuga ko amatora ari meza kuko iyo akozwe neza ageza kuri demukarasi n'imiyoborere myiza, ariko ko ashobora no kubyara amakimbirane, ubuhunzi imbere mu gihugu, ibi bikadindiza imibereho myiza n'iterambere. Avuga ko mu gihe abaturage bagenda batakaza icyizere mu matora, hakwiye kubaho uburyo bwo guhuza amatora n'iterembere, aho abatowe baharanira kuzamura imibereho y'abaturage.
Yagize ati "Hari ukudahuza amatora akorwa ku buryo buhoraho n'uburyo ubuzima bw'abaturage butezwa imbere. Uburezi, ubuzima, imiturire, ...usanga nta sano ihari. Ibi bituma abantu batangira gutakaza ikizere. Kubera iki nakwitabira amatora atampindurira ubuzima. Rero uburyo bwo gukemura ibi bibazo, ni uguhangana n'ikibazo cy'iterambere ku mugabane. Nimureke dushyire imbere iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza ku mugabane wacu, duteze imbere uburezi, ubuzima, ibikorwaremezo n'ubwikorezi."
Muri iyi nama, ibigo bishinzwe amatora mu karere ka Afurika yo hagati, iy'Iburasirazuba n'iy'Iburengerazuba bararebera hamwe ingamba zikwiye kugeza Abanyafurika ku iterambere binyuze mu matora.
Inkuru mu mashusho
Jeannette UWABABYEYI
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru