AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Hakenewe ubukangurambaga muri gahunda yo kuboneza urubyaro--MINISANTE

Yanditswe Nov, 11 2018 19:06 PM | 52,063 Views



Mu gihe hari abaturage bagifite imyumvire iri hasi muri gahunda yo kuboneza urubyaro bitewe n'imyemerere yabo, ndetse n'imiterere y'imibiri yabo, minisiteri y'ubuzima yo iratangaza ko ubukangurambaga bukorwa hakiri kare buzatuma umubare w'abitabira iyi gahunda uzamuka.

Hashize igihe ubwiyongere bw'abaturage butajyanye n’umusaruro bugaragazwa nk’ikomyi ikomeye ku itarambere.Mu Rwanda, imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare igaragaza ko umunyarwanda kazi abyara abana bari ku kigero cya 4.2. Bikaba bitenyajiwe ko umubare w’abana umunyarwandakazi abyara ugera kui 2.3 muri 2050.

Hagati aho abamaze kumva ibyiza byo kuboneza urubyaro babihuza n’imibereho myiza y’umuryango ariko ku rundi ruhande hakaba hakigaragara abagifite imyumvire itari muri uwo murongo:

Mukeshimana Lucie ufite uburambe bw'imyaka 10 muri serivisi zo kuboneza urubyaro, asanga ikibazo cya serivisi zihuse kandi zoroheye abaturage gikwiye kwitabwaho kugira ngo ubwitabire bwiyongere. Ati, ''Imbogamizi zikunze kubaho ni uko hari abakenera serivisi, ntibabone abahita bazibaha hanyuma n'aho bazibonye hamwe na hamwe hajemo uburyo bwo kwishyura serivisi, abafite mituweli biraborohera, ariko abatayifite usanga ari imbogamizi.''

Minisiteri y'ubuzima itangaza ko igipimo cy'abitabira kuboneza urubyaro magingo aya gihagaze 53%, muri bo 48% bakoresha uburyo bwa kizungu. N'ubwo hari ingamba mu guhangana n'ikibazo cy'ubwiyongere bw'abaturage, iki kibazo gifite ubukana kuko imibare igaragazwa n'ikigo gishinzwe ibarurishamibare yerekana ko kuri km21 habarurwa abaturage 416, kandi bashobora bakwikuba 2 mu mwaka wa 2030 niba nta gikozwe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama