Yanditswe Nov, 11 2018 19:06 PM | 52,063 Views
Mu gihe hari
abaturage bagifite imyumvire iri hasi muri gahunda yo kuboneza urubyaro bitewe
n'imyemerere yabo, ndetse n'imiterere y'imibiri yabo, minisiteri y'ubuzima yo
iratangaza ko ubukangurambaga bukorwa hakiri kare buzatuma umubare w'abitabira
iyi gahunda uzamuka.
Hashize igihe ubwiyongere bw'abaturage butajyanye
n’umusaruro bugaragazwa nk’ikomyi ikomeye ku itarambere.Mu Rwanda, imibare
y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare igaragaza ko umunyarwanda kazi abyara
abana bari ku kigero cya 4.2. Bikaba bitenyajiwe ko umubare w’abana
umunyarwandakazi abyara ugera kui 2.3 muri 2050.
Hagati aho abamaze kumva ibyiza byo kuboneza urubyaro babihuza n’imibereho myiza y’umuryango ariko ku rundi ruhande hakaba hakigaragara abagifite imyumvire itari muri uwo murongo:
Mukeshimana Lucie ufite uburambe bw'imyaka 10 muri serivisi zo kuboneza urubyaro, asanga ikibazo cya serivisi zihuse kandi zoroheye abaturage gikwiye kwitabwaho kugira ngo ubwitabire bwiyongere. Ati, ''Imbogamizi zikunze kubaho ni uko hari abakenera serivisi, ntibabone abahita bazibaha hanyuma n'aho bazibonye hamwe na hamwe hajemo uburyo bwo kwishyura serivisi, abafite mituweli biraborohera, ariko abatayifite usanga ari imbogamizi.''
Minisiteri y'ubuzima itangaza ko igipimo cy'abitabira kuboneza urubyaro magingo aya gihagaze 53%, muri bo 48% bakoresha uburyo bwa kizungu. N'ubwo hari ingamba mu guhangana n'ikibazo cy'ubwiyongere bw'abaturage, iki kibazo gifite ubukana kuko imibare igaragazwa n'ikigo gishinzwe ibarurishamibare yerekana ko kuri km21 habarurwa abaturage 416, kandi bashobora bakwikuba 2 mu mwaka wa 2030 niba nta gikozwe.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru