AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Hagiye gushyirwaho amasezerano hagati ya Leta n'abafatanyabikorwa mu burezi

Yanditswe Feb, 17 2022 18:25 PM | 33,678 Views



Hagiye gushyirwaho amasezerano y'ubufatanye mu burezi hagati ya Leta n'amadini n'imiryango itari iya Leta, yitezweho kunoza imiyoborere y'ibigo by'amashuri n'imitangire ya serivisi z'uburezi. 

 Ishyirwaho ry'amasezerano y'imikoranire rishingira ku itegeko ry'uburezi kandi iririmo gukoreshwa ni iryo mu mwaka wa 2001.

Amasezerano y'imikoranire hagati ya Leta n'ibigo byigenga yari yarashyizweho mu mwaka wa 1987, aho mu bafatanyabikorwa 17 bariho muri iki gihe umwe gusa ari we wari warayasinye. 

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Imiyoborere, Dr Usta Kaitesi asobanura ko ibi byateraga icyuho gikomeye mu miyoborere rusange y'ibigo leta ihuriyeho n'abikorera biganjemo abanyamadini n'amatorero.

Ibigo by'amashuri byagiye byiyongera ndetse binashingiye ku madini n'amatorero n'imiryango itari iya Leta.

 Ubushakashatsi bwa RGB  bugaragaza ko 1.2% by'ibigo ari byo bifite komite zigenzura imikoreshereze y'umutungo, urwego rw'imiyoborere ruri ku gipimo cya 5.3% na ho imitangire ya serivisi ku mpuzandengo ya 67%. 

Abafite aho bahuriye n'uburezi mu madini n'amatorero basanga gushyiraho amasezerano y'imikoranire bizakuraho kwitana bamwana hagati ya leta n'abafite amashuri bahuriyeho.

Mu gihe kitarenze amezi 2, amasezerano y'ubufatanye mu burezi hagati ya Leta n'amadini, amatorero n'imiryango itari iya Leta ngo azaba yamaze kunozwa. 

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y'Uburezi ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye Twagirayezu Gaspard ashimangira ko ishyirwaho ry'aya masezerano rizanagira uruhare mu kuzamura ireme ry'uburezi yitezweho.

Bimwe mu bibazo bigihangayikishije mu mashuri Leta ifatanya n'abikorera birimo iby'abana bata amashuri, abangavu baterwa inda, ikibazo cy'ikinyabupfura gike ku banyeshuri ndetse n'imicungire y'abarimu. Ubusanzwe  Leta ni yo ihemba abarimu igatanga n'ibikoresho na ho ba nyir'ibigo bagatanga ubutaka no bakanubaka amashuri.


Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama